Perezida wa komite y’ababyeyi, Nkerabigwi Marc, yavuze ko ntako batagize ngo ikibazo gikemuke ariko raporo zageraga ku karere ntihagire icyemezo gifatwa kandi ari umukozi wako gacunga.
Yagize ati “Ubwa mbere muri 2015 hakozwe igenzura habura 1,731,540 Frw mu mafaranga leta yohereza na 1,633,600 Frw yatanzwe n’ababyeyi. Twandikiye Bahame [wari Meaya] ntiyadusubiza, haza na Sinamenye Jeremie nawe yagiye ataradusubiza, Umurenge wa Gisenyi wandikiye akarere inshuro ebyiri nabwo baricecekeye.’’
Umuyobozi wa Groupe Scolaire Stella Maris, Kampire Priscilla, avuga ko n’ubundi uretse n’amafaranga yanyerejwe hari n’ibikoresho byagiye bibura.
Yagize ati’’Muri 2015 UNICEF yaduhaye imyenda y’abakinnyi yose arayinyereza, naramwandikiye musaba ibisobanuro kubera ko akunda kuza yasinze cayangwa agasiba yaraye mu kabari, aransubiza ngo nzandike ninduha ndekere.’’
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Habyarimana Gilbert, yavuze ko umuntu wakoze amakosa agomba guhanwa, asezeranya ko akarere kagiye gukurikirana icyo kibazo.
Yagize ati “Niba koko ariko bimeze agomba gukurikiranwa kuko nta mvanvu n’imwe yatuma adahanwa, kandi nta n’ugomba kumukingira ikibaba; gusa inzego zibishinzwe zizabikurikirana kuko umutumgo w’abaturage ntabwo ugomba kunyerezwa niba hari amakosa yakozwe bigomba gukosoka kuko nta muntu n’umwe uri hejuru y’amategeko.’’
IGIHE yagerageje gushaka uyu mucungamutungo ngo agire icyo avuga ku byo ishuri akoreramo rimushinja ntiyaboneka kuri telefone; no ku ishuri ibiro bye twasanze bikinze, ubuyobozi bw’ikigo buvuga ko hashize igihe kinini atagera ku kazi.



















TANGA IGITEKEREZO