00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Umusore yiyahuye asiga yanditse ubutumwa

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 18 February 2022 saa 11:23
Yasuwe :

Umusore w’imyaka 25 wari utuye mu mu kagari k’Umuganda mu murenge wa Gisenyi yabonetse amanitse mu mugozi ku nkengero z’umugezi wa Sebeya.

Uwo mugabo yasize yanditse ubutumwa busezera aho yavugaga ko yigendeye kubera uburwayi bwo mu mutwe yatewe n’umuryango we.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Gisenyi, Tuyishime Jean Bosco yemeje aya makuru.

Ati “Akomoka i Muhanga. Mu butumwa yandikiye aho yari acumbitse yagaragazaga ko afite uburwayi bwo mu mutwe yatewe n’umuryango. Ubu umurambo wagejejwe ku bitaro bya Gisenyi kugira ngo ukorerwe isuzuma hamenyekane icyamwishe nubwo bikekwa ko yiyahuye’’.

Yakomeje asaba abaturage bafite ibibazo ko bagana ubuyobozi bakagirwa inama n’abafite ubukene bafashwa aho kwiyahura.

Amakuru aturuka aho yari atuye avuga ko nyuma yo kubona ubutumwa bwe asezera akagaragaza ko ibyo yari atunze abisigiye umusore wari inshuti ye, bamushakishije bikarangira bamusanze mu giti yimanitse.

Iki giti nicyo basanzemo umurambo w'uyu mugabo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages