00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Umugore arakekwaho kwica umwana we amunize

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 7 December 2021 saa 05:18
Yasuwe :

Umugore wo mu Murenge wa Kanama mu Karere ka Rubavu ari mu maboko y’Ubugenzacyaha aho akurikiranweho kwica anize umwana we ufite imyaka ibiri n’igice.

Byabereye mu Mudugudu wa Nyamuremure, Akagari ka Mahoko, Umurenge wa Kanama mu ijoro ryakeye.

Abaturanyi bavuze ko bumvise induru bagatabara bagasanga umwana yamaze gushiramo umwuka.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanama, Mugisha Honoré, yahamije aya makuru avuga ko uwo mugore ucyekwaho icyaha yashyikirijwe Ubugenzacyaha.

Ati “Ni byo koko uyu mugore ari mu maboko y’Ubugenzacyaha arakekwaho kwihekura akaba afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kanama.”

Amakuru avuga ko uwo mugore yagerageje inshuro zirenga imwe kugirira nabi umwana kandi akaba yarashyikirizwaga Polisi agafungwa ariko nyuma y’igihe gito agahita arekurwa.

Ahamijwe icyaha yahanishwa ingingo ya 107 y’itegeko No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, aho riteganya ko ubwicanyi buturutse ku bushake ahanishwa igifungo cya burundu.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages