Ibi byabereye mu Kagari ka Nyamirango, mu Murenge wa Kanzenze, aho ababyeyi be batuye, kuri uyu wa Gatatu.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanzenze, Monique Nyiransengiyumva yatangaje ko bikekwa ko Umutoni yishwe n’umuti w’imbeba yanyweye nyuma yo kumenya ko atwite.
Yagize ati “Yanyweye umuti wica imbeba abanza kwihisha aho bimenyekaniye ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Kabari, bagerageza kumuvura, mu gihe bategereje imbangukiragutabara imujyana ku bitaro yitaba Imana.”
Nyiransengiyumva yakomeje avuga ko bafite amakuru ko intandaro yo kwiyahura kwa Umutoni ari uko yari yari amaze kumenya ko atwite, akaba yarabibwiye musaza we babanaga i Kigali mu ibaruwa yasize amwandikiye.
Umurambo w’uyu mukobwa wajyanywe ku bitaro bya Gisenyi gukorerwa isuzuma, bikaba biteganyijwe ko ushyingurwa kuri uyu wa Kane.



















TANGA IGITEKEREZO