00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu: Umuntu yarashwe yambutsa urumogi, bagenzi be bahungira muri Congo

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 4 May 2018 saa 12:12
Yasuwe :

Umusore w’imyaka 25 y’amavuko wo mu Murenge wa Busasamana, Akarere ka Rubavu, yarashwe n’inzego zishinzwe umutekano mu rukerera rwo ku wa 3 Gicurasi 2018, agerageza kwinjiza urumogi mu gihugu.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Busasamana, Bizimana Epimaque, yabwiye IGIHE ko abantu batatu barimo kubundabunda ku mupaka w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagerageza kwambukana ibiyobyabwenge.

Yagize ati “Bari abasore batatu bageragezaga kwinjiza imifuka y’urumogi baje kubonwa n’abarinda umutekano hafi y’umupaka, kuri borne ya 19 iri mu Mudugudu wa Kigezi Akagari ka Kageshi, itandukanya u Rwanda na Congo, nuko barasa uwitwa Ntirenganya ukomoka mu Mudugudu wa Kinyandaro, Akagari ka Kageshi naho bagenzi be babiri bariruka, bajyana umufuka umwe w’urumogi, basiga indi mifuka ibiri ipima ibiro 20 buri umwe.’’

Yakomeje avuga ko bagiye kongera ingufu mu gukangurira abaturiye umupaka kugendera kure ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge.

Imirenge ya Busasamana, Cyanzarwe na Bugeshi yo mu Karere ka Rubavu, yakunze kuba inzira y’urumogi ruturuka muri Congo ariko bikaba bitari biherutse kubera ubufatanye bw’abaturage n’inzego z’umutekano.

Ikibaya cya Busasamana kiri ku mupaka w'u Rwanda na RDC

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages