Ahagana saa tanu z’amanywa yo kuri iki Cyumweru tariki ya 10 Werurwe 2024, nibwo uyu muyaga wasenye inzu zirenga 20 n’amashyamba atatu aherereye mu Kagari ka Bivumu muri uyu murenge wa Mudende.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mudende, Eric Murindangabo, yabwiye IGIHE ko uyu muyaga wangije inzu zirenga 20 ndetse umwana umwe yakomeretse.
Yagize ati “Kugeza ubu turacyabarura ariko ni inzu zirenga 20 kuko mu mudugudu umwe harimo inzu umunani no mu wundi mudugudu harimo izindi nk’izo kubera ko wibasiye imidugudu itatu.”
Yakomeje avuga ko uyu muyaga wanangije ibiti byinshi byo mu mashyamba atandukanye harimo n’irya Leta.
Ati “ Uyu muyaga waje izuba riva ukuraho ibisenge by’inzu nyinshi. Hari n’ishyamba rya Leta rya Bihungwe ahaguye ibiti binini birenga 50, n’irindi shyamba ry’umuturage ryo mu Mudugudu wa Bivumu.”
Uyu muyobozi w’umurenge wa Mudende yongeyeho ko hari inzu zasenyutse ku buryo bisaba kongera kuzubaka ariko nyinshi ari izavuyeho ibisenge zikeneye isakaro gusa.
Ubuyobozi bw’uyu murenge buvuga ko kugeza ubu nta bufasha imiryango yasenyewe n’uyu muyaga yari yabona ariko bari gukora ubuvugizi no kubarura imiryango yose yahuye n’ibi biza.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!