00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rubavu:Umwe muri bane bakekwaho ubujura yishwe

Yanditswe na Mukwaya Olivier
Kuya 11 December 2021 saa 02:48
Yasuwe :

Abaturage bo mu Murenge wa Cyanzarwe ubwo bari ku irondo bafashe abantu bane bakekwaho kwiba intama, umwe muri bo witwa Munyanziza Josph wari ufite imyaka 33 baramwica naho umunyerondo umwe arakomereka.

Ibi byabereye mu Mudugudu wa Gora, Umurenge wa Cyanzarwe mu Karere ka Rubavu mu masaha ya saa tanu z’ijoro, ubwo abari ku irondo bahagarikaga abakekwaho ubujura bari bashoreye intama ebyiri bakabarwanya ari bwo muri iyo mirwano umwe mu bari bashoreye izo ntama yapfuye.

Umuvugizi w’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, Dr Murangira B. Thierry yemeje aya makuru avuga ko batangiye iperereza.

Ati “Aya makuru twayamenye ubu twatangiye iperereza kugira ngo hamenyekane uko byagenze.”

Abari kumwe n’uwishwe bakomeje gushakishwa mu gihe umuturage wa watewe icyuma mu gatuza yajyanywe mu kigo nderabuzima cya Nyakiriba kugira ngo yitabweho.

Abaturage bo mu Karere ka Rubavu bamaze igihe bavuga ko babangamiwe n’itsinda ry’abajura rwiyita “Abuzukuru ba Satani” ngo bitwaza intwaro gakondo bagatega abantu bakabambura ibyabo.

Polisi y’u Rwanda mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu, yatangaje ko yafashe babiri barimo uwitwa Muvandimwe Innocent na Bapfakubyara Evariste bakekwaho gukubita no gukomeretsa Nahimana James na Nyiraneza Mariette ku itariki ya 9 Ukuboza 2021 mu Murenge wa Rubavu.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages