Uwo mugore usanzwe atuye mu Kagari ka Gitisi mu Murenge wa Bweramana atawe muri yombi nyuma y’uko TV1 imuguye gitumo yagiye kwaka abaturage amafaranga avuga ko yabafungurije umuntu kandi ayatumwe n’umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Ruhango.
Ni mu nkuru icyo kinyamakuru cyatangaje ku wa 31 Ukuboza 2021 aho cyamufashe amajwi n’amashusho ubwo cyamusangaga mu Mudugudu wa Karehe mu Kagari ka Bunyogombe mu masaha ashyira saa Moya z’umugoroba.
Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo, SP Theobald Kanamugire, yavuze ko uwo mugore yatawe muri yombi ku mugoroba wa taliki 4 Mutarama 2022.
Ati “Yafashwe, akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhango mu Karere ka Ruhango aho akurikiranyweho icyaha cy’ubwambuzi bushukana n’ububeshyi yiyitirira umurimo agamije kwambura abaturage akoresheje amayeri.”
SP Kanamugire yavuze ko uwo mugore agiye gushyikirizwa ubutabera. Bivugwa ko uwo mugore afite itsinda ry’abandi bantu bakorana mu kwaka abaturage amafaranga mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Ruhango, nabo bakaba batangiye gushakishwa.
























TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!