00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruhango: Umugore yishwe atemaguwe nyuma y’iminsi yishinganishije

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 27 September 2023 saa 04:23
Yasuwe :

Umugore wo mu Karere ka Ruhango yishwe atemaguwe mu buryo bukomeye nyuma y’uko yari amaze iminsi yishinganisha mu nzego zitandukanye.

Mu cyumweru gishize ni bwo uyu mugore wishwe yabwiye umunyamakuru wa BTN, ko hari umugabo ujya umutoteza akanamukubita ndetse yishinganishije mu buyobozi no mu Rwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, ko ubuzima bwe buri mu kaga.

Yavuze ko umugabo wamutotezaga ngo yamushinjaga ko ariwe ujya umurogera umuryango ndetse yabibwiwe n’umugore we nyuma y’uko asenze akerekwa ko ari we wabarogaga.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ntongwe, Nahayo Jean Marie, yabwiye IGIHE ko nyakwigendera atigeze ajya kwishinganisha mu buyobozi ngo avuge ikibazo afite.

Yagize ati “Ntabwo njye namubonye ntabwo yaje kwishinganisha, gusa amakuru mfite n’uko yishinganishije muri RIB.”

Yongeyeho ko uyu mugore yishwe n’umusore abereye nyina wabo ariko batari bamenya impamvu yamuteye gufata icyo cyemezo.

Amakuru IGIHE ifite ni uko umusore wishe uyu mubyeyi ndetse n’umugabo bivugwa ko yamutotezaga bose bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Ntongwe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages