Aba bana ni aba Muhawenimana Nicodème n’umugore we Murorunkwere Christine.
Bivugwa ko bari mu buriri baryame, buza gufatwa n’inkongi hataramenyekana icyayiteye.
Umwe mu baturanyi b’uyu muryango yabwiye IGIHE ko umwana umwe ariwe wabanje gupfa nyuma abandi babiri bajyanwa kwa muganga ariko undi nawe aza gupfa.
Ababyeyi b’aba bana ntabwo bari bahari babasize mu nzu baryamye bajya mu mirimo nk’ibisanzwe.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Masoro, Ndahayo Ildephonse, yavuze ko aba bana bari baryamye ku buriri butari matola ari na byo bikekwa kuba intandaro y’iyi nkongi.
Ndahayo kandi yavuze ko iyi nzu abana bari baryamyemo isanzwe itekerwamo. Gusa ngo iperereza ryatangiye kugira ngo hamenyekane icyateye iyi nkongi.



















TANGA IGITEKEREZO