Iyi mpanuka yabaye ahagana saa kumi n’ebyiri n’igice z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatatu tariki 7 Gashyantare 2024.
Abapfiriye muri iyi mpanuka barimo umushoferiumwe witwa Mbonimpa Jean Damascène na Mukankurunziza Agnès w’imyaka 36 ndetse na Nsekanabo Verdianna w’imyaka 52 bari bari kumwe.
Bivugwa ko iyi modoka aba bagore bapfiriyemo ariyo bahaga akazi ko batwarira imboga n’imbuto mu isoko rya Gishoma riherereye mu Murenge wa Rwimbogo.
Umuvugizi wa Polisi ishami rishinzwe umutekano SP Emmanuel Kayigi,yabwiye IGIHE ko iyi mpanuka yatewe n’uko imodoka yabuze feri.
Yagize ati “ Ikigaragara n’uko impanuka yabaye saa kumi n’ebyiri n’ igice yavaga mu Mujyi i Kamembe yerekeza i Bugarama nibwo yaje kubura feri gusa bigaragara ko umushoferi yabibonye kare, kuko ababibonye bavuga yatangiye kugenda avuza amahoni ahantu ubwo yari ageze ahamanuka.”
Imirambo ya ba nyakwigendera yahise ijyanwa mu Bitaro bya Gihundwe .



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!