Imvura nke ivanzemo n’inkuba yaguye mu saa munani z’amanywa kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 17 Mutarama 2018, mu murenge wa Muganza, Akagari ka Cyarukara.
Muri ayo masaha nibwo uwo musore wavugiraga kuri telefone yakubiswe n’inkuba ahita apfa nk’uko inzego z’ibanze zabitangarije IGIHE.
umunyamabanganshingwabikorwa w’umurenge wa Muganza, Muganga Alain, yagize ati “Ni imvura yari nke yariri kugwa ikubita umusore Ndayisenga Théophile w’imyaka 21. Yiga mu wa gatanu kuri TTC Mururu.Yitabaga telefone inkuba ihita imukubita.”
Umurambo wa Nyakwigendera wahise ujyanwa ku bitaro bya Gihundwe.
Ubuyobozi bukunze gukangurira abaturage kwirinda inkuba bareka kuvugira kuri telefone mu gihe cy’imvura irimo inkuba, kugama munsi y’ibiti, gukoresha umutaka no kureka gukoresha ibyuma binyuramo umuriro w’amashanyarazi.



















TANGA IGITEKEREZO