Abatuye muri iki kirwa giherereye mu kiyaga cya Kivu, usanga bafite umuco usa n’uwabatuye ku kirwa cya Nkombo aho abagabo bashaka abagore benshi ndetse ugasanga n’abagore ntacyo bibatwaye.
Domitira Nyirazaninka yagize ati “Twe ntacyo ubuharike budutwaye kuko ari ibintu tumenyereye”.
Dativa Mukarukwaya ati “Ubuharike burahari. Hari abagabo baharika abagore babo kuko basekuru babikoze bigatuma nabo babigira umuco”
Mu bagabo batanu bahuye na IGIHE, bane muri bo bafite abagore babiri babiri, ariko Bizimungu Tharcise, ufite abana 15 yabyaye ku bagore babiri, avuga ko kuri ubu atagira inama abasore gushaka umugore urenze umwe.
Ati “Oya ubu si nakwemera ko umusore yashaka abagore benshi, ibyo kubatunga yabikura he, ni umuco twamenyereye ariko biri kugenda bituvamo."
Janvier Gasingwa, avuga ko kuba afite abagore babiri ntacyo bimutwaye kuko abarobera isambaza ndetse akabagurira ubwisungane mu kwivuza.
Ikirwa cya Gihaya ni kimwe mu Tugari tugize Umurenge wa Gihundwe, gituwe n’abaturage 1298.



















TANGA IGITEKEREZO