00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rusizi: ‘Poste de santé’ zeguriwe abikorera abaturage ntibongera kwemererwa kwivuriza kuri mitiweli

Yanditswe na Sitio Ndoli
Kuya 3 May 2017 saa 08:10
Yasuwe :

Abaturage bo mu Karere ka Rusizi bagaragaje ko babangamiwe no gukora urugendo rurerure bajya kwivuza ku bigo nderabuzima kubera ko za ‘Poste de santé’ zabavuriraga hafi zeguriwe abikorera ku giti cyabo, zikaba zitacyemera kubavura hakoresheje ubwisungane mu kwivuza bwa mitiweli.

Leta y’u Rwanda yashyizeho gahunda yo kubaka za Post e de santé (ibigo amavuriro mato) mu rwego rwo kwegereza serivise z’ubuvuzi abaturage. Bajyaga bazivurizaho bakoresheje mitiweli bakishura amafaranga make kuko zacungwaga n’ibigo nderabuzima.

Ariko ubu, imicungire y’izi Poste de santé yatangiye kwegurirwa abikorera ku giti cyabo; mu Karere ka Rusizi, 10 muri 20 zikubatsemo zamaze kujya mu maboko yabo.

Abaturage bivurizaga kuri ayo mavuriro abegereye, abatishoboye bakora urugendo bajya ku bigo nderabuzima bakirwaho bakoresheje mitiweli.

Umwe mu baturage baganiriye na IGIHE witwa Ntimugura Leonard ati “Iri vuriro rya Vubiro mbere ryaratuvuraga dutanze mitiweli ariko ubu bari kuyanga, bakaduca amafaranga menshi bigatuma tujya ku kigo nderabuzima cya Nyakarenzo n’Imibirizi, kandi ni kure cyane.”

Nsengiyumva Jean yunzemo ati “Nsigaye nigira Imibirizi kuko niho mfitiye ubushobozi nubwo ari kure kuko nkoresha amasaha atatu kugenda no kugaruka, ivuriro ryacu barihaye Bosco[ uwikorera ku giti cye] none atwishyuza amafaranga menshi, mutubarize ubuyobozi kuko turavunika tujya kure.”

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Harerimana Frederic, yavuze ko iki kibazo bakimenyesheje inzego bireba ku buryo ibyangombwa bya ba rwiyemezamirimo bari gukorera muri izi Poste de santé byageze muri Minisiteri y’ubuzima.

Ati “Twakigaragarije n’izindi nzego cyane cyane MINISANTE ndetse na RSSB, ntabwo Poste de santé zishobora gukora ngo zitange serivise ku baturage mu gihe zitakira abaturage bakoresha ubwishingizi bwa mitiweli. Abikorera beguriwe izi Poste de santé ibyangombwa byabo biri muri Minisiteri y’ubuzima kugira ngo ibafashe muri RSSB bemererwe kujya bakira abaturage bakoresha mitiweli bityo abaturage bagakomeza kubona serivise nk’uko bigomba.”

Ubusanzwe aba baturage bajyaga kuri Poste de santé bagiye kwivuza bakishyura 10 ku ijana mu gihe kuri ubu bari kwishyura ikiguzi cy’ubuvuzi cyose, utabibashije agakora urugendo rurerure ajya ku kigo nderabuzima.

Abaturage barasaba ko Poste de santé’ zakongera zikemera abivuriza kuri mitiweli kugira ngo bibarinde gukora urugendo rurerure

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages
. . . . . .