00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rusizi: Bamusanze mu nzu hashize iminsi apfuye

Yanditswe na

Sitio Ndoli

Kuya 4 January 2016 saa 01:42
Yasuwe :

Mukantabana Irena uri mu kigero cy’imyaka 64, wari utuye mu Mudugudu wa Mubuga Akagari ka Kacyuma mu Murenge wa Gashonga, yasanzwe n’Ubuyobozi bw’Umurenge mu nzu ye hashize iminsi yishwe.

Jean Bosco Ndabananiye, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’agateganyo w’uyu Murenge yavuze ko batekereje kujya kureba uwo mukecuru nyuma yaho abaturage bababwiye ko badaheruka kumubona.

Ibyo byatumye ku mugoroba wo kuri iki cyumweru tariki ya 03 Mutarama 2016 berekeza aho atuye, basanga yarapfuye kandi bigaragara ko yakubiswe ikintu mu mutwe.

Yagize ati “Abaturage bavuze ko bamuheruka ku wa kane tugezeyo dusanga umurambo warangiritse cyane hari nka saa mbiri n’igice z’ijoro, ariko amatungo ye ntibayibye”.

Jean Bosco Ndabananiye yavuze kandi ko nyuma yo gukorana inama n’abaturage, hafashwe abantu bane basanzwe batitwara neza muri uyu Murenge, bajyanwa kuri sitasiyo ya Polisi ya Gashonga ngo bakorweho iperereza.

Umurambo w’uyu mukecuru wajyanwe mu bitaro bya Mibirizi kugira ngo hagaragazwe icyamwishe. Mukantabana Irena yibanaga kuko ngo abana be babaga i Nyamasheke n’i Kigali.

Mu Murenge wa Gashonga, umukecuru bamusanze mu nzu hashize iminsi apfuye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages