Uyu mwana w’umukobwa witwa Mukamahirwe Joselyne yakubiswe n’inkuba ubwo yari yicaye mu ruganiriro rw’inzu y’iwabo mu ijoro ryo ku wa Kabiri rishyira kuwa Gatatu tariki ya 5 Werurwe 2024.
Uyu mwana yari yasigaye mu ruganiriro nyuma y’uko se na nyina bari bamaze kujya kuryama.
Amakuru agera ku IGIHE avuga ko uyu mwana wakubiswe n’inkuba yari kumwe n’abavandimwe be babiri ndetse umwe muri bo nyuma y’uko imukubise yahise agwa igihumure.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Agateganyo w’Akagari ka Ruganda Nahayo Vincent, yemeje iby’aya makuru.
Ati “Bari bari mu ruganiriro bitegura kujya kuryama, imvura yari yatangiye kugwa saa moya z’umugoroba irimo ihita inkuba irabakubita uwo mwana w’umukobwa ahita apfa.”
Mukuru wa nyakwigendera waguye igihumure yahise ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Mushaka kwitwabwaho n’abaganga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!