00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rusizi: Umuntu umwe yakomereye bikabije mu mpanuka y’ikamyo

Yanditswe na

Sitio Ndoli

Kuya 14 February 2016 saa 08:46
Yasuwe :

Ahazwi nko muri Matheus ku muhanda w’amabuye mu Kagali ka Gihundwe mu Murenge wa Kamembe, ikamyo yo mu bwoko bw’Isuzu yari itwaye amatafari yasubiye inyuma ubwo shoferi yari ayivuyemo, maze kigingi wayo wari hejuru akubita umutwe mu mabuye arakomereka bikabije.

Iyo mpanuka yabaye mu masaha ya saba z’amanywa kuwa Kuwa Gatandatu tariki ya 13 Gashyantare, nyuma yaho shoferi wari utwaye iyi kamyo yayivagamo, amaze mu gihe ba Kigingi bari gushaka uko bavamo isubira inyuma, umwe arasimbuka undi agumamo irabiranduka arahanukana akubita umutwe ku mabuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kamembe, Ntivuguruzwa Gervais yemeje ko Baranyeretse Alphonse yakomeretse cyane kuko yagwiriwe n’amatafari, naho Ntakirutimana Jean Nepo agakomereka umunwa.

Aba bombi bahise bajyanwa ku bitaro bya Gihundwe kugira ngo bakurikiranwe n’abaganga, ariko abakorera muri Matheus basaba abashoferi kwitondera guhagarara muri uwo muhanda kuko ucuramye.

Umuntu umwe yakomerekeye mu mpanuka y'ikamyo
Ikamyo yasubiye inyuma irabaranguka
Abari bahari bavuze ko umwe yakomeretse bikabije

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages