Ibi byabaye mu rukerera rwo ku Cyumweru tariki 14 Mutarama 2024.
Uyu muryango washyamiranye utuye mu Mudugudu wa Rugombo, Akagari ka Giheke, Umurenge wa Giheke, Akarere ka Rusizi.
Umugore warumwe ugutwi ni umukozi mu Rwunge rw’Amashuri rwa Giheke.
Amakuru agera kuri IGIHE avuga ko abaturanyi batabaye uwo muryango, basanze uyu mugore warumwe n’umugabo we avirirana n’umugabo we afite amaraso ku munwa.
Bivugwa ko abaturanyi b’uyu muryango bakeka ko ako gace k’ugutwi uyu mugabo yarumye ashobora kuba yarakamize, kuko ubwo babatabaraga muri urwo rukerera bamusanze afite amaraso ku munwa ariko ntibakabone.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Giheke, Claver Hategekimana, yemereye IGIHE ko koko uyu mugabo w’umwarimu yarumye umugore we ugutwi amushinja kumuca inyuma.
Yagize ati “ Byabaye mu rucyerera rwo ku Cyumweru bapfa amakimbirane yo mu muryango akomoka kuko umugabo ashinja umugore kumuca inyuma.”
Yakomeje avuga ko umwarimu yakagombye kuba intangarigero mu mico no mu myitwarire kubera ko ari urumuri rw’abo yigisha na sosiyete muri rusange.
Bivugwa ko umugore yagiriwe inama yo kujyana umugabo we mu butabera ariko akabyanga.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!