00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rutsiro: Umugabo akekwaho kwica umugore we akamumanika mu mugozi ahetse umwana

Yanditswe na Nshimiyimana Eric
Kuya 6 June 2026 saa 11:33
Yasuwe :

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Iburengerazuba iri gushakisha umugabo w’imyaka 25 wo mu Karere ka Rutsiro, ukekwaho kwica umugore we babanaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko akamumanika mu mugozi ahetse umwana muzima.

Ibi byabereye mu Murenge wa Mushonyi, Akagari ka Rurara mu Mudugudu wa Kaboneye, Saa 7:00 z’igitondo kuri uyu wa gatandatu tariki 06 Kamena 2026.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, SP Sylvestre Twajamahoro, yatangarije IGIHE ko uyu mugabo arimo gushakishwa.

Ati “Amakuru ni yo kandi ukekwaho gukora icyaha ari gushakishwa kugira ngo iperereza nirigaragaza ko ariwe wabikoze abiryozwe kuko yahise atoroka.”

SP Twajamahoro yaboneyeho gusaba abaturage kwirinda ibyaha, kuko Polisi itazihanganira umunyabyaha wese kuko agomba gufatwa agashyikirizwa ubutabera.

Amakuru IGIHE yamenye n’uko nyakwigendera yasanzwe amanitse mu mugozi mu cyumba, umwana yajishutse ava mu mugongo yitura hasi. Uyu mugore yari amaze igihe yarataye umugabo, gusa hari hashize iminsi mike agarutse muri uru rugo.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages