Byabereye mu Murenge wa Boneza, Akagari ka Nkira ho mu Mudugudu wa Munanira, ku mugoroba wo ku wa 7 Kamena 2025 mu masaha y’umugoroba.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Boneza, Munyamahoro Muhizi Patrick, yabwiye IGIHE ati “Twamenye ayo makuru ku gicamunsi cy’ejo hashize, abo mu muryango we n’abaturanyi bahamya ko nta makimbirane akabije yarangwaga muri urwo rugo. Gusa iperereza riracyakomeje.”
Gitifu Munyamahoro yasabye abaturage kujya abatanga amakuru ku gihe, haba hari ibibazo ubuyobozi bukabafasha kubikemura bitaragera ubwo umuturage abura ubuzima.
Umurambo w’uwo mugabo wajyanywe mu buruhukiro bw’Ibitaro bya Murunda gukorerwa isusumwa mbere y’uko ushyingurwa.
IGIHE yamenye ko asize umugore n’abana batanu ndetse mu muryango we nta makimbirane yaharangwaga, uretse uburwayi yari afite bw’igicuri.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!