Umwana wapfuye ni uwo mu Murenge wa Kigeyo, umurambo we ukaba wabonetse mu mugezi wa Nkora.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushonyi, Mwenedata Jean Pierre, yavuze ko bafite ibiraro byangijwe n’amazi ku buryo bitanabasha gusanwa ahubwo bizasaba ko byubakwa bundi bushya.
Ati “Hari nk’ikiraro cya Kayabaraza bizasaba ko cyongera gutangira kubakwa kuko kitabasha gusanwa, ibindi ni ibyoroheje bizasanwa n’imiganda kugira ubuhahirane bukomeze.”
Mwenedata akomeza avuga ko iyi mvura yateje ibiza birimo inkangu, inzu z’abaturage zangiritse ariko bakirimo kubarura ibyaba byangiritse byose.
Kimwe mu biraro byangiritse ni icya Nkora gihuza Umurenge wa Mushonyi na Kigeyo kiri ku muhanda urimo gukorwa uzazenguruka ikiyaga cya Kivu.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!