Ibi byabereye mu Murenge wa Murunda, mu Kagari ka Mburamazi, mu Mudugudu wa Rukingu, mu ijoro ryo ku wa Mbere tariki 7 Nyakanga.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murunda, Mukamana Jeanette yahamirije IGIHE iby’uru rupfu, avuga ko rwatewe n’inkuba.
Ati “Ni byo koko Hitimana wari ufite imyaka 76 yapfuye nyuma gukubitwa n’inkuba mu Kagari ka Mburamazi. Bikimara kuba abaturage bagerageje gutabara ariko ntibyagira icyo bitanga. Iperereza riracyakomeje.”
Yanaboneyeho gusaba abaturage kugira imirindankuba ku nzu zabo.
Muri Mata 2025 na bwo inkuba yambuye ubuzima umugore witwa Imanizabayo wari ufite imyaka 28 wo mu Karere ka Rutsiro, Umurenge wa Mushonyi, imukubitiye mu rugo rwe.
Umuyobozi Mukuru ushinzwe ubutabazi bwihuse muri MINEMA, ACP Egide Mugwiza aherutse gutangariza IGIHE ko inkuba ari ikibazo by’umwihariko mu bice by’icyaro, kuko mu bice by’imijyi usanga inyubako nyinshi zifite imirindankuba.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!