Ibi byabaye mu gitondo cyo kuri uyu wa 7 Nzeri 2026 mu Murenge wa Gihango, Akagari ka Congonil.
Umuyobozi w’Akarere ka Rutsiro, Kayitesi Dative yabwiye IGIHE ko ukekwaho kugira uruhare muri uru rugomo rwateye urupfu akiri gushakishwa.
Ati “Iperereza ku mbarutso y’uru rugomo rwateye urupfu riracyakorwa ngo harebwe icyabiteye, ndetse ukekwaho kugira uruhare muri rwo aracyari gushakishwa, gusa uwo mukobwa bikekwa ko ari we bapfuye yafashwe arafungwa hategerejwe ibziava mu iperereza.”
Meya Kayitesi yakomeje yibutsa abaturage ko badakwiriye kwihanira, ndetse niba koko bapfuye umukobwa izo ngeso mbi zikwiriye guhagarara ndetse bakajya batangira amakuru ku gihe.
Uyu mukobwa bivugwa ko akora uburaya afungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihango.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!