00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Rwamagana: Itsinda ry’abamenyaniye kuri Whatsapp ryaremeye umupfakazi rimusanira inzu

Yanditswe na Thamimu Hakizimana
Kuya 2 September 2017 saa 06:27
Yasuwe :

Itsinda rigizwe n’abantu 82 ryamenyaniye ku rubuga rwa Whatsapp ryaremeye umubyeyi witwa Ngutegure Alphonsine warokotse jenoside yakorewe Abatutsi rimusanira inzu rimukorera n’ibindi bikorwa byose hamwe bifite agaciro k’agera kuri miliyoni imwe n’igice y’amafaranga y’u Rwanda.

Ngutegure w’imyaka 56 atuye mu Murenge wa Gahengeri mu Karere ka Rwamagana, mu Ntara y’Iburasirazuba, akaba yaremewe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 2 Nzeri 2017 n’itsinda ryitwa ‘Inshuti Nziza Family’.

Inzu y’uyu mubyeyi yari yarangiritse yashyizwemo amadirishya n’inzugi z’ibyuma, iterwa isima, yubakirwa urukuta rw’amabuye rwo kuyishyigikira iterwa irangi n’ibindi byatwaye hafi miliyoni ebyiri n’igice z’amafaranga y’u Rwanda.

Uretse gusanirwa inzu uyu mubyeyi yanahawe ibiribwa n’ibikoresho by’isuku yubakirwa ubwiherero n’urwogero bifite isuku.

Umuyobozi wa ‘Inshuti Nziza Family’, Safari Benjamin, yavuze ko bashinga iri tsinda bagamije guhuza imbaraga zo gufasha abatishoboye ari na rwo rwego bakozemo igikorwa cy’uyu munsi.

Yagize ati “ Iri tsinda twarishinze kugira ngo tujye dufasha abakene na bo ubuzima buhinduke kuko biri mu nshingano zacu twiyemeje kandi natwe tutibagiwe gufashanya hagati yacu bitewe n’uko tudafite imibereho imwe.”

Yakomeje avuga ko iri tsinda rimaze umwaka umwe rishinzwe ndetse rigamije kurangwa n’ibikorwa by’urukundo no gufasha abatishoboye n’ibindi.

Ngutegure Alphonsine yavuze ko yishimiye igikorwa yakorewe dore ko yari asanzwe yicwa n’imbeho bitewe n’uko inzu ye yari imeze.

Yagize ati “ Ndishimye cyane kuko bansaniye inzu yari yarangiritse bashyiriramo amadirishya n’inzugi z’ibyuma, bayitera n’isima kuko ntabyo nagiraga. Byanenejeje kuko ubu ibintu byose babinshyiriyemo nta kiguzi, ikindi kandi banampaye n’ibyo kurya nk’umuceri n’amavuta ku buryo bizamfasha gusunika iminsi.”

Yakomeje avuga ko yashimishijwe n’uko nta mbeho izongera kumwicira mu nzu we n’abana be nyuma y’uko inzu ye isanwe ndetse anashima abamutoranyije bakamugenera ubufasha.

Uyu mubyeyi yatangaje ko hari n’undi mugiraneza wahise amuha amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba kugira ngo na we ave mu icuraburindi nk’abandi baturage.

Ngutegure agiye guhabwa inzu nyuma yo gusanwa igashyirwamo n'ibikoresho
Inzu ya Ngutegure nyuma yo gusanwa
Uyu mubyeyi yanahawe impano n’abagize itsinda ryamusaniye inzu
Umuyobozi w'Itsinda 'Inshuti Nziza Family', Safari Benjamin
Ngutegure Alphonsine yashimye igikorwa cy’abagiraneza bamusaniye inzu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages