Bivugwa ko uyu mugabo yabikoze ubwo yari yasinze ku Cyumweru tariki ya 21 Mutarama 2024, mu Kagari ka Nebe mu Murenge wa Muyumbu.
Uyu mukobwa wabyariye iwabo yabwiye BTN ko se ahora amuhoza ku nkeke, amuziza ko yabyariye iwabo.
Yagize ati “Papa ahora anzira kubera ko nabyaye uyu mwana. Ahora ambwira ngo uyu mwana nzamushyire papa we wamubyaye.”
Yavuze ko se ajya kumujomba umukasi, yatashye agasanga ibiryo ntibirishya, akabyuririraho avuga ko uwo mukobwa na nyina batajya bamugaburira.
Ati “ Yaje yasinze asanga turi mu rugo njye n’umushyitsi dutetse ibiryo bitarashya ndi konsa umwana, aba afashe umukasi arawunkubita mva amaraso abaturanyi banjye baba bamuzanye aha kuri RIB.”
Yaba uyu mukobwa na nyina ntibahakana ko bajya bima uyu mugabo ibiryo, ngo kuko na we hari igihe ateka akarya wenyine.
Uyu mukobwa yavuze ko bifuza ko se afungwa kuko amuhoza ku nkeke ndetse ahora abatuka ibitutsi biteye isoni we na nyina, akabita indaya.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Nebe, Mukeshimana Oliviette, yavuze ko bari gukora ibishoboka byose ngo amakimbirane ahoshe muri uwo muryango.
Ati “Ni umwangavu wabyariye iwabo, yagakwiye kwiyakira ariko na none agakomezanya indangagaciro nk’umwana agakomeza kubaha ababyeyi kuko hari igihe akomezanya imyitwarire itari myiza bitewe n’igihe agezemo.”
Umugore w’uyu mugabo we yirinze kugira icyo abwira itangazamakuru ngo kubera ko umugabo we abimenye yazamwica.
Uyu mugabo yahise ashyikirizwa inzego z’ubugenzacyaha ngo hatangire iperereza kubyo ashinjwa.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!