00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uruganda rw’Icyayi rwa Nyabihu rwizihije Umunsi w’Umuhinzi w’Icyayi

Yanditswe na Manzi Angelo
Kuya 16 December 2022 saa 09:18
Yasuwe :

Mu rwego rwo guteza imbere icyayi cy’u Rwanda n’imibereho y’abaturage bo mu Karere ka Nyabihu, Uruganda rw’ Icyayi “Nyabihu Tea Factory” rurebererwa na Rwanda Mountain Tea Ltd rworoje abahinzi b’icyayi inka umunani, ihene 54,itanga mituweli 500 ku baturage batishoboye batuye mu mirenge uruganda rukoreramo na matela 20 ku bakora mu ruganda rwa Nyabihu Tea Factory, byose bifite agaciro ka Miliyoni 20.

Kuri uyu wa Kane, Tariki ya 15 Ukuboza 2022, ubwo hizihizwaga umunsi ngarukamwaka w’umuhinzi w’icyayi mu nganda zirebererwa na Rwanda Mountain Tea Ltd by’umwihariko mu ruganda rw’icyayi cya Nyabihu, imiryango 82 irimo abakozi b’uruganda, abahinzi b’icyayi, abasoromyi bahembwe hamwe n’abaturage 500 batuye mu mirenge uruganda rukoreramo bafashijwe.

Hanatanzwe ishimwe ku bigo by’amashuri bihinga icyayi bikanigisha abana kugikunda, ndetse na zimwe muri Paruwasi zihinga icyayi.

Uru ruganda rwiyemeje kongera umusaruro mu bwinshi n’ubwiza no kwegera abafatanyabikorwa barwo mu bikorwa bibafasha kwiteza imbere no kurwanya ubukene.

Ntanyungura Aloys, umusaza w’imyaka 70 akaba umwe mu bahinzi b’icyayi wahawe inka mu Murenge wa Rambura, yashimiye abamufashije.

Ati “Uyu munsi usobanuye ibyishimo kuri njye kuko bampaye ishimwe ry’uko nakoreye icyayi neza,iyi nka nahawe ikazamfasha mu gusaza neza ndetse uru ruganda rwanatumye abana banjye babiri biga muri Kaminuza nkaba ntasabiriza.”

Yakomeje avuga ko yatangiye gukora mu cyayi mu 1987 birangira nawe atangiye kugihinga.

Umuyobozi w’uruganda rw’icyayi cya Nyabihu, Mungwakuzwe Yves yavuze ko intego ari ukwegereza umuhinzi w’icyayi serivise hafi ye no kongera umusaruro mu bwinshi no mu bwiza.

Ati “Twishimira ibyagezweho nubwo hari hashize iminsi tudakora ibirori kubera icyorezo cya Covid-19, niyo mpamvu twateraniye hano kugira ngo twishimire ibyagezweho muri uyu mwaka ariko tunafasha abahinzi b’icyayi mu kwiteza imbere.”

Mungwakuzwe yashimiye abafatanyabikorwa bose b’uruganda rwa Nyabihu, abasaba gukomeza gukorera hamwe kugira ngo bazamure ingano y’umusaruro no gukomeza gutanga icyayi cyiza ku rwego mpuzamahanga.

Uwari uhagaraririye Ikigo Rwanda Mountain Tea Ltd muri uyu muhango Turahirwa Euphraim yashimiye inzego zose z’ubuyobozi bw’igihugu zirangajwe imbere na Nyakubahwa Perezida wa Repuburika, kuba harakozwe ibishoboka byose mu guhashya icyorezo cya COVID-19, kuko iyo hataboneka inkingo ndetse n’izindi ngamba zagiye zifatwa, umunsi nkuyu ntabwo waribwongere kubaho.

Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François yashimiye Rwanda Mountain Tea Ltd na Nyabihu Tea Factory uburyo ikomeza gukundisha umuturage icyayi no kugiteza imbere.

Yagize ati “Badufasha muri byinshi harimo uburezi bw’abana, gufasha abatishoboye, gahunda ya Girinka, Mituweli, gutanga amazi meza n’ibindi dufashanya ariko no mu izina ry’abaturage turabashimira kuko iyo bahinze icyo cyayi cyabo bakijyana ku ruganda bibaha amafaranga.”

Yanasabye abaturage ahanini bakora umwuga w’ubuhinzi bw’icyayi kongera umusaruro w’icyayi bahinga, kuko uretse akamaro bibagirira bo ubwabo, binafitiye igihugu akamaro kuko bituma igihugu kibona amadovize.

Rwanda Mountain Tea Ltd ikorana n’inganda umunani (8) z’icyayi zo mu turere twa Nyabihu, Ngororero, Nyamasheke na Rutsiro mu Burengerazuba naho mu Majyepfo hari Nyamagabe na Nyaruguru.

Mu mwaka wa 2022 uruganda rw’icyayi Nyabihu Tea Factory rumaze gutanga Miliyari na Miliyoni 800 Frw mu kwishyura amababi mabisi y’icyayi agemurwa ku ruganda na koperative, mu kwishyura abakora imirimo itandukanye y’uruganda ijyanye n’icyayi mu karere ka Nyabihu. Rukoresha abakozi 5000 aho 42% ari abagabo naho 58% ari igitsina gore.

Mungwakuzwe Yves yavuze ko intego yabo ari ukuzamura ingano y'umusaruro no gukomeza gutanga icyayi cyiza
Ni ibirori byitabiriwe n'abarimo abahagarariye inzego z'umutekano
Umuyobozi w'uruganda yabanje gusobanurira abashyitsi no kuberaka uko uruganda rukora
Ntanyungura Alex yahawe inka nk'umuhinzi wakoreye icyayi neza
Turahirwa Euphraim, Umuyobozi wungirije w’Inama y’Ubutegetsi ya Rwanda Mountain Tea Ltd
Abakora mu ruganda rwa Nyabihu bashimira Nyabihu Tea Factory uburyo ibafasha mu iterambere ryabo
Abashyitsi bashimiye Rwanda Mountain Tea ku munsi w’umuhinzi w’icyayi
Abanyamadini n'abayobozi b'ibigo bahawe ishimwe nk'abafatanyabikorwa mu guteza imbere icyayi
Akanyamuneza kari kose ku baturage bagabiwe
Akanyamuneza ni kose ku batunganya icyayi mu ruganda bavuga ko rwabahinduriye ubuzima
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Habitegeko François yashimiye uruganda na Rwanda Mountain Tea ku bwo gukomeza guteza imbere umuturage
Hatanzwe n'ibiryamirwa ku bahinzi b'icyayi
Ibi birori byitabiriwe n'Umuyobozi w'Akarere ka Nyabihu
Hatanzwe inka umunani, ihene 54 ku bahinzi b'icyayi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages