Muri icyo gikorwa cyabaye kuri uyu wa gatanu tariki ya 20 Gashyantare 2015, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CSP Celestin Twahirwa yashimiye abaturage bakorera umwuga w’uburobyi muri icyo kiyaga, abibutsa ko Polisi ibereyeho kurinda umutekano w’abaturage hamwe no kubagira inama kugirango habeho gukumira ibyaha bitaraba.
CSP Twahirwa yasabye abahawe aya ma Jaketi kuzayafata neza, barushaho kubungabunga umutekano wo mazi, abasaba ko buri wese yaba ijisho rya mugenzi we.
Yabasabye kandi kwirinda kwishora mu byaha hamwe no kwirinda gutwara abanyabyaha cyangwa ibintu bya magendu, ahubwo bakarushaho gutangira amakuru ku gihe, aho babonye hari ikibazo bakamenyesha inzego z’umutekano.
Rwabuhihi Jean Christophe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rweru yashimiye ubufatanye Polisi y’igihugu ikomeje kugaragariza abarobyi, maze avuga ko kuba babonye aya ma jaketi bizagabanya impanuka za hato na hato mu mazi.
Uhagarariye abarobyi bo mu kiyaga cya Rweru Musare Theoneste yashimiye Polisi y’u Rwanda, avuga ko na bo bazakomeza gukora ibishoboka byose bagasenyera umugozi umwe birinda icyahungabanya umutekano wo mu mazi hamwe no gukumira impanuka zo mu mazi, kandi bakazajya batangira amakuru ku gihe.
Gutanga amajaketi ni kimwe mu bikorwa byinshi Polisi ikoze, mu rwego rwo kongerera abaturage ubushobozi bwo kuyifasha mu kubungabunga umutekano, ibi bikaba bidakuraho ko iba inafite abashinzwe umutekano wo mu mazi (Marines) muri buri kiyaga cyose mu biri mu Rwanda.
RNP



















TANGA IGITEKEREZO