00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Sena yatoye abayobozi bashya ba Komisiyo zihoraho

Yanditswe na

Mihigo Jean Baptiste

Kuya 23 October 2015 saa 02:15
Yasuwe :

Inteko Rusange ya Sena y’u Rwanda yatoye abayobozi ba Komisiyo Zihoraho kuri uyu wa 23 Ukwakira 2015, nyuma y’uko abari basanzwe barangije manda y’imyaka 4 nk’uko biteganywa n’Itegeko Ngenga No 08/2012/OL ryo ku wa 02/11/2012 rigena imikorere y’umutwe wa Sena.

Manda y’abagize Biro ya Komisiyo ingana n’imyaka ine ishobora kongerwa, nk’uko bigaragara mu ngingo ya 39 y’Itegeko Ngenga rigena imikorere ya Sena.

Abasenateri batowe ni abahagarariye komisiyo enye zirimo iya politiki n’imiyoborere myiza; iy’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano; iy’iterambere ry’ubukungu n’imari ndetse n’iy’imibereho myiza y’abaturage, uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage.

Senateri Sindikubwabo Jean Nepomuscène yatorewe kuyobora Komisiyo ya politiki n’imiyoborere myiza akungirizwa na Kazagwa Gertrude.

Rugema Michel yatorewe kuba perezida wa komisiyo y’ububanyi n’amahanga, ubutwererane n’umutekano naho Mukakalisa Jeanne D’Arc aba umwungirije.

Muri Komisiyo y’iterambere ry’ubukungu n’imari, Muhongayire Jacqueline yatorewe kuba umuyobozi wayo, Sebuhoro Célestin aramwungiriza.

Niyongana Gallican yatorewe kuba perezida akungirizwa na Nyagahura Margaret muri komisiyo y’ imibereho myiza Uburenganzira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage.

Nyuma y’aya matora, umuyobozi wa Sena Bernard Makuza yashimiye abayobozi ba za komisiyo bacyuye igihe, anasaba abagiyeho gukora akazi kabo neza.

Ati:” Nk’uko mubizi akazi ka Sena gakorerwa muri za komisiyo harimo nko kugenzura guverinoma, kwemeza amategeko n’ibindi! Nicyo gituma rero mugomba gukora cyane mukuzuza inshingano zanyu kandi twizeye ko muzabigeraho nk’uko abacyuye igihe babigenje.”

Ingingo ya 36 y’itegeko Ngenga rigena imikorere ya Sena mu gika cya nyuma, igira iti “Nyuma y’imyaka ine, Umusenateri ubyifuza ashobora guhindura Komisiyo.Kwiyandikisha muri Komisiyo no kwemeza abagize komisiyo bikurikiza ibiteganywa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo”.

Sena yatoye abayobozi bashya ba Komisiyo Zihoraho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages