00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Senateri Nkusi yeretse abakora mu buvuzi ikizasibanganya icyasha basizwe na Jenoside

Yanditswe na Prudence Kwizera
Kuya 20 May 2017 saa 04:25
Yasuwe :

Senateri Laurent Nkusi yabwiye abaganga n’abandi bose bakora umwuga wo kuvura ko gutanga serivisi nziza, kurangwa n’urukundo n’ibikorwa byiza, ari byo bizabafasha kugarura isura nziza batakaje ubwo bamwe muri bagenzi babo bishoraga mu bwicanyi mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.

Yabigarutseho kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Gicurasi 2017, ubwo yari yifatanyije n’ibitaro bya Kaminuza bya Butare (CHUB) kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Muri uyu muhango hazirikanwe abari abakozi b’ibitaro, abarwayi n’abarwaza ndetse n’abari bahahungiye bakahicirwa.

Mu buhamya bwatanzwe na Boniface Ruhumuriza, umwe mu baharokokeye yagarutse ku ruhare bamwe mu bakoraga mu buvuzi bagize muri Jenoside bishoraga mu bwicanyi, abandi bagafata abatutsi baje kwivuza cyangwa bahahungiye bakabaha interahamwe ngo zibice.

Senateri Laurent Nkusi na we ufite abo mu muryango we biciwe kuri CHUB muri jenoside, yavuze ko kuba hari abaganga bari bashinzwe kuvura ariko bagatatira indahiro barahiye bakishora mu bwicanyi, biteye isoni n’agahinda ariko bikwiye kuba isomo rikomeye ku bakora uwo mwuga muri iki gihe.

Ati “Biraduha isomo ry’icyo twakora kugira ngo ibintu byabereye hano bitazongera kubaho ukundi, abaganga ni bo bakwiye gufata iya mbere bagasibanganya icyasha basizwe. Ineza n’urukundo ndetse no gukora ibikorwa byiza ni byo bizatuma bagarura isura nziza”.

Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Kaminuza bya Butare, Dr Augustin Sendegeya, yavuze ko hari ibikorwa byiza bagenda bakora muri iki gihe mu rwego rwo kugarura isura nziza ikwiye kuranga muganga.

Yagize ati “Mu rwego rwo kugarura ya sura nziza twatakaje nk’ibitaro bya Kaminuza twiyemeje ko buri mwaka tuzajya tugira uruhare mu gufasha cyane cyane abacitse ku icumu batishoboye. Nk’ubu uyu mwaka tuzatanga inka 22 ku miryango ituye mu murenge wa Rwaniro mu Karere ka Huye”.

Inka 22 zizatangwa zizaba ziyongera ku zindi 86 zatanzwe mu myaka yashize nk’uko byasobanuwe n’ubuyobozi bwa CHUB.

Imibare intangwa n’ibi bitaro igaragaza ko mu gihe cya Jenoside hiciwe abantu barenga 200, ariko kugeza ubu abamaze kumenyekana amazina bagera kuri 87.

Abakozi ba CHUB na bamwe mubafite ababo bahiciwe muri jenoside bakoze urugendo rwo kwibuka
Abitabiriye umuhango wo kwibuka mu bitaro bya CHUB bashyira indabo ku rwibutso rwa Kaminuza y'u Rwanda, ishami rya Huye
Abiciwe mu bitaro bya CHUB bashyinguwe mu rwibutso rwa Kaminuza y'u Rwanda, ishami rya Huye ari na ho hashyizwe indabo mu rwego rwo kubibuka
Senateri Nkusi yunamira bazize Jenoside bashyinguye ku rwibutso rwa Kaminuza y'u Rwanda, ishami rya Huye
Umuyobozi w'Akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugene, ashyira indabo ku rwibutso
Umuyobozi w'Akarere ka Huye, Kayiranga Muzuka Eugene, Senateri Nkusi na Dr Sendegeya uyobora Ibitaro bya CHUB
Bamwe mubafite imiryango yabo yiciwe kuri CHUB muri Jenodide
Boniface Ruhumuriza, umwe mu barokokeye Jenoside kuri CHUB
Senateri Laurent Nkusi
Umuyobozi mukuru wa CHUB, Dr Augustin Sendegeya

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages