00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Serubogo umaze imyaka 17 arembye, yafashijwe n’abanyarwanda bo muri Diaspora kuvurizwa mu mahanga

Yanditswe na IGIHE
Kuya 1 December 2017 saa 04:03
Yasuwe :

Nyuma y’inkuru ya IGIHE yo ku ya 12 Ukwakira 2017, yatabarizaga Serubogo Ally umaze imyaka 17 arwaye ikirenge ku buryo atari akiva mu rugo; abanyarwanda baba mu mahanga bakusanyije inkunga yo kumuvuza, ku buryo mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu yahagurutse i Kigali mu ndege ya RwandAir yerekeza mu Bubiligi aho agiye kuvurirwa.

Kuri gahunda y’urugendo rwe ni uko 16:30 zo kuri uyu wa Gatanu aribwo agera ku kibuga cy’indege cya Zaventem aho agomba guhita yerekeza mu bitaro bya St Luc. Ibi bitaro ni byo binini mu Mujyi wa Bruxelles bikaba bizwiho kugira abaganga b’inzobere mu ndwara zinyuranye zirimo na kanseri.

Ababyeyi bo muri Diaspora hamwe n’abanyarwanda b’abayisilamu baba mu bihugu by’u Bwongereza n’u Bubiligi, nibo bagize uruhare kugira ngo Serubogo abone uburyo avurwa.

Mu kiganiro IGIHE yagiranye na Alice Kabagire Cyusa, umwe mu bafashe iya mbere mu gukora ubukangurambaga bwafashije Serubogo Ally kubona uko avuzwa, yashimiye abagize uruhare mu gukusanya inkunga.

Alice Cyusa yavuze ko Ihuriro ry’Abanyarwandakazi baba muri Diaspora, Rwandan Women Abroad, ryakusanyije inkunga ingana n’ibihumbi umunani by’amadolari; abanyarwanda baba mu Mujyi wa Texas bakusanya ibihumbi bitatu naho Abanyarwanda baba mu Mujyi wa Londres n’u Bubiligi, bakusanya ibihumbi 35 by’amadolari ariyo yishyuwe ibitaro.

Ati “Turashimira ababyeyi bose b’Abanyarwanda baba mu mahanga bitanze bikomeye. Bafashe iya mbere mu gukusanya inkunga yo gufasha Serubogo. Uyu ni umusanzu ukomeye wa Diaspora ku Rwanda twifuza aho nta muntu n’umwe usigara inyuma.”

Ubwo aheruka kuganira na IGIHE, Serubogo yatangaje ko mu 2000, ubwo yigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri yisumbuye kwa Kaddafi i Nyamirambo, yafashwe n’utuntu twamuryaryataga mu kirenge.

Ati “Nari ndi kugenda numva mu bworo bw’ikirenge hasa n’aho hananirwa, handyaryata gake gake, nyuma y’igihe nibwo indwara yagendaga ikura tutaramenya iyo ariyo.”

Yaje gufata umwanzuro wo kujya kwa muganga, agezeyo babura icyo arwaye. Yakomeje kwivuza agera mu bitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK) na bo babura indwara.

Muri ibi bitaro bya St Luc aho Serubogo agiye kuvurizwa, azakurikiranwa ku ndwara izwi nka Leiomyosarcoma akaba ari imwe mu bwoko bwa kanseri ifata uruhu, ikura ihereye mu mitsi no mu miyoboro y’amaraso. Ni indwara ikunze gufata abantu bakuze.

Serubogo ubwo yari ku kibuga cy'Indege Mpuzamahanga cya Kigali yitegura kwerekeza i Bruxelles aho agiye kuvurirwa
Uburwayi bwe abumaranye imyaka 17
Serubogo ubwo yari mu ndege yerekeje i Bruxelles

Ubwo IGIHE yasuraga Serubogo

Serubogo yatangaje ko uburwayi bwamufashe yiga mu mashuri yisumbuye
Yabyimbye ikirenge ku buryo adashobora kugenda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages