Nubwo Mugisha yari yambaye umwambaro w’ikipe y’igihugu “Team Rwanda” yari anabereye kapiteni, ni umwe mu bakinnyi bazamukiye muri Benediction Club y’i Rubavu ndetse nyuma aza kubona amahirwe yo kujya gukina muri Dimension Data yo muri Afurika y’Epfo nk’uwabigize umwuga.
Nyuma yo kurangiza uduce umunani twari tugize Tour du Rwanda 2018 ari ku isonga, akaba Umunyarwanda wa Kane ubashije kwegukana iri siganwa mpuzamahanga, Benurugo Emilienne Ushinzwe kwamamaza ibikorwa Skol yatangarije IGIHE ko ari iby’agaciro kubona umukinnyi bagize uruhare mu iterambere rye ahesheje ishema igihugu.
Yagize ati “Tour du Rwanda uyu mwaka yari ikomeye cyane ariko ni ibyishimo kuri buri wese kuko Umunyarwanda, Mugisha Samuel, ariwe usoje yambaye umwenda w’umuhondo. By’umwihariko kuri Skol, ni akarusho kuko ni umukinnyi wazamukiye mu ikipe ya Benediction dusanzwe dukorana, birumvikana ko ubufatanye tugirana bufite akamaro cyane.”
Benurugo yavuze ko uyu mwaka muri Tour du Rwanda, Skol yerekaga abakiliya bayo icupa rishya rya Panache Lemonariko, inabasobanurira ko ari icupa gusa ryahindutse naho ikinyobwa cyo kikiri cya cyindi gifite icyanga ntagereranywa n’ubuziranenge budashidikanywaho.
Yavuze ko intego uru ruganda rwari rwarihaye mbere y’iri siganwa rwazigezeho 100% kuko babashije kwegera abakiliya mu gihugu hose, babagezaho tombola zitandukanye zirimo amagare, amatelefone, ibitenge n’ibindi bikoresho ndetse aho Tour du Rwanda yageze hose akaba nta muntu wigeze yicwa n’icyaka.
Skol isanzwe ikora ibinyobwa bitandukanye birimo Skol Lager, Skol Malt, Skol 5, Virunga Mist, virunga Gold, Panache Lemon byose biboneka hirya no hino mu gihugu ku giciro cyibereye buri muntu.
Uru ruganda riri mu baterankunga b’imena mu bikorwa byose by’umukino w’amagare, rwanabimburiye ibindi bigo byose gusinyama amasezerano yo kuzakomeza gutera inkunga Tour du Rwanda kuva umwaka utaha nimara kujya ku rwego rwa 2.1, bizayishyira muri abiri ya mbere akomeye muri muri Afurika kimwe na La Tropical Amissa Bongo, ayo masezerano akazamara imyaka itatu.



















TANGA IGITEKEREZO