00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

SOS yatanze inkunga ya miliyoni 20 Frw ku miryango itishoboye i Nyaruguru

Yanditswe na Theodomire Munyengabe
Kuya 21 September 2023 saa 11:21
Yasuwe :

Umuryango wita ku bana SOS ishami rya Gikongoro yageneye inkunga ya miliyoni 20 igizwe n’ibikoresho bitandukanya imiryango isaga 80 y’abatishoboye bo mu murenge wa Kivu mu karere ka Nyaruguru muri gahunda yo kubafasha kwiteza imbere no kurushaho kwita ku bana bari muri iyo miryango.

Ni ibikoresho bigizwe n’amabati yagenewe imiryango 20 y’abatishoboye aho buri muryango wagenewe amabati 30 yose hamwe akaba 600.

Hanatanzwe kandi ingurube 30 zizabafasha kuzamura imibereho zibaha ifumbire n’amafaranga, ibikoresho birimo imashini 25 zidoda n’ibikoresho byifashishwa mu gutunganya imisatsi byahawe abakobwa babyariye iwabo mu rwego rwo kubasha gukora ku ifaranga bakabona n’uko bita ku bana babyaye.

Nsengiyumva Appolinaire, Umuyobozi muri SOS Gikongoro yavuze ko ubusanzwe SOS mu ntego zayo nkuru ari ukwita ku mwana,ariko uwo mwana bakamufasha neza iyo bamusanze mu muryango mwiza.

Ati “SOS ni umuryango wita ku mwana, gusa ntiwafasha umwana usize umurera kandi ari we murinzi we wa mbere. Nk’uyu mukobwa wabyariye iwabo akiheba kumuremera ubushobozi bumuha ifaranga ,uba uhaye amahirwe n’uwo yabyaye kuzabaho neza mu gihe kiri imbere’’.

Bamwe mu bahawe izi nkunga bavuga ko bibahinduriye ubuzima, bikazanabafasha kwita ku miryango yabo n’abana bafite.

Ntawukuriryayo Celine wo mu kagari ka Rugerero mu murenge wa Kivu, nyuma yo guhabwa inka ya kijyambere na SOS, ubu ari no mu bahawe amabati.

Yavuze ko yabanaga n’abana be icyenda umugabo yamusiganye agipfakara hakiyongeraho n’abuzukuru babiri bose babana mu nzu y’icyumba kimwe.

Akomeza avuga ko ubu agiye kwagura inzu ye ikagira ibyumba bitanu maze akarushaho kwisanzura.

Ikimpaye Yvonne nawe wahawe ibikoresho byo gutunganya imisatsi yagize ati “Umuntu ubyaye imburagihe umwana aragwingira, nawe ubwawe kandi ubuzima buba ari bubi. Nkimara kubyara narihebye, ngize amahirwe SOS irantoranya. Ubu nize gutunganya imisatsi. Bizampa amafaranga mfashe umwana wanjye azige neza.”

Umukozi w’akarere ka Nyaruguru ushinzwe guhuza ibikorwa by’abafatanyabikorwa Niragire Marie Claire, yavuze ko kubona abaturage bahawe inkunga nk’izi zishyitse bisa nko gutura umutwaro kuko bizamura imibereho myiza yabo kandi ari nayo ntego y’ubuyobozi.

Ubu bufasha butangwa na SOS muri gahunda yo gufasha umwana bamusanze mu muryango izwi nka FSP(Family Strengthening Project) kugira ngo imiryango itekana bityo inafashe abana bayirimo gukura neza.

Mu murenge wa Kivu, uyu umushinga watangiye mu 2022 ukaba uzamara imyaka 5. Kuri ubu bari gufasha imiryango 123 itishoboye ndetse n’abakobwa babyaye imburagihe 132.

Hari abahawe ibikoresho by'imyuga
Abahawe amabati bishimiye ko baciye ukubiri no kuvirwa
Hatanzwe amabati 600 mu miryango 20
Ibi ni ibyuma bifasha kumutsa umusatsi no kuwushyiramo imirimo nabyo biri mu byahawe ababihuguwemo ngo bakomeze gushyira mu bikorwa ibyo bize
Ikimpaye Yvonne wahawe ibikoresho byifashishwa mu gutunganya imisatsi avuga ko abyitezeho iterambere we n'umwana yabyaye
Niragire Marie Claire, umuhazabikorwa wa JADF muri Nyaruguru,avuga ko gukemura ikibazo cy'umuturage ari ibyinshimo ku bayobozi.
Imwe mu mashini 25 zidoda zatanzwe
Nsengiyuma Appolinaire, intumwa y'Umuyobozi wa SOS-Gikongoro avuga ko gufasha umwana neza ari ukumufashiriza mu muryango we bwite akawukiriramo utekanye
Abakobwa babyariye iwabo bahawe ibikoresho
Umurenge wa Kivu ni agace k'imisozi miremire ari nayo mpamvu abahawe isakaro banahawe n'ibyo kuzirika ibisenge ngo bitazibasirwa n'umuyaga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages