00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

The Service Mag izahemba abakozi batanze serivise nziza ku bakiriya

Yanditswe na

Mihigo Jean Baptiste

Kuya 23 September 2015 saa 08:48
Yasuwe :

Mu rwego rwo kwizihiza icyumweru cyahariwe abakiriya, The Service Mag (TSM), ikinyamakuru cyandika ku bukungu kirateganya guhemba abakozi bo mu bigo bitandukanye babaye indashikirwa mu gutanga serivise nziza ku babagana.

Kuva tariki ya gatanu kugeza ku ya cyenda Ukwakira, iki kinyamakuru kizifatanya n’isi yose kwizihiza icyumweru cyahariwe serivise nziza zihabwa abakiriya.

Muri urwo rwego, tariki ya 8 Ukwakira 2015, iki kinyamakuru kizahemba umukozi uzaba watanze serivise nziza muri icyo cyumweru.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka ugenekereje mu Kinyarwanda igira iti “buri munsi haboneke intwari” mu gutanga serivise nziza ku bakiriya.

Iki kinyamakuru kandi gisaba buri kigo cy’ubucuruzi cyose cyo mu Rwanda guhitamo abakozi babiri bitwaye neza kugira ngo bitabire aya marushanwa.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages