Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga ya Turikiya yatangaje ko icyo gihugu cyifatanyije n’abanyarwanda.
Ati “Dufite agahinda kenshi k’abantu basaga ijana baburiye ubuzima mu nkangu n’imyuzure byatewe n’imvura nyinshi yaguye kuwa 2 Gicurasi 2023 mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru mu Rwanda.”
“Twihanganishije kandi twifatanyije n’ababuze ababo n’Abanyarwanda muri rusange.”
U Rwanda na Turikiya bisanganywe umubano mwiza ushingiye kuri dipolomasi, ishoramari, ubucuruzi n’izindi nzego.
Ambasaderi wa Turikiya mu Rwanda, Aslan Alper Yüksel muri Gashyantare uyu mwaka yashimiye u Rwanda uburyo rwababaye hafi mu ntangiriro z’uko kwezi, ubwo Turikiya yibasirwaga n’umutingito wahitanye abagera ku bihumbi 60.
Press Release Regarding the Landslides and Floods in Rwanda https://t.co/RpzUADGRk4 pic.twitter.com/6aCdM24F2Q
— Turkish MFA (@MFATurkiye) May 3, 2023



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!