Uyu muburo watanzwe n’Umuvugizi wa Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Burusiya, Maria Zakharova, mu kiganiro n’abanyamakuru cyabereye i Moscow ku wa Kane. Ni wo muburo ukomeye u Burusiya butanze ku birebana n’imyitwarire y’u Bwongereza kuva intambara yo muri Ukraine yatangira.
Zakharova yavuze ko Londres isatira kuba yagira uruhare mu bikorwa u Burusiya buvuga ko ari iterabwoba rikorerwa abaturage babwo, anaburira ko bishobora kugira “ingaruka zikomeye” mu gihe u Bwongereza bwakomeza uwo murongo.
Ati “Twagiye tuburira kenshi ko ibigo by’igisirikare by’u Bwongereza ndetse n’ibikoresho byacyo biri muri Ukraine cyangwa hanze y’imbibi zayo bishobora kwibasirwa mu gihe Ukraine yaba ikomeje kugaba ibitero ku butaka bw’u Burusiya ikoresheje intwaro z’u Bwongereza.”
U Burusiya butangaje ibi nyuma y’umunsi umwe Moscow ishinje Ukraine gukoresha ibisasu bya missile bya Storm Shadow bikorerwa mu Bwongereza mu gitero cyagabwe ku nyubako y’ubucuruzi i Donetsk, umujyi ugenzurwa n’u Burusiya. Abayobozi b’u Burusiya bavuze ko icyo gitero cyakomerekeyemo abaturage barimo n’abana.
Mbere yaho, Kremlin yari yarashinje u Bwongereza gutiza umurindi intambara nyuma y’uko Londres itangaje ko izaha Ukraine ikoranabuhanga ryo gukorera mu gihugu ibisasu bya Storm Shadow.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!