00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Bushinwa bwahaye u Rwanda miliyoni 500 Frw zo gufasha abahuye n’ibiza

Yanditswe na Cyprien Niyomwungeri
Kuya 5 June 2023 saa 06:29
Yasuwe :

Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda yatangaje ko iki gihugu cyatanze miliyoni 500 Frw zo gufasha abahuye n’ibiza byaturutse ku mvura yaguye mu ijoro ryo ku wa 2 rishyira ku wa 3 Gicurasi 2023 igahitana abantu 135.

Umujyanama mu bijyanye n’ubukungu n’ubucuruzi muri Ambasade y’u Bushinwa mu Rwanda, Hudson Wang, yanditse kuri Twitter ko ku wa 2 Kamena 2023, iyi ambasade yahererekanyije na Minisiteri y’imari n’igenamigambi inyandiko zemeza ko u Bushinwa bwatanze ibihumbi 500$ yo gufasha abagizweho ingaruka n’ibiza.

Yakomeje avuga ko ubushuti bw’u Rwanda n’u Bushinwa ari ntagereranywa.

Guverinoma y’u Rwanda iherutse gutangaza ko hakenewe ingengo y’imari igera kuri miliyari 300Frw, yo gusanira no kubakira abatishoboye basenyewe n’ibiza, gusana ibikorwaremezo byangiritse no kubaka ubudahangarwa.

Leta igiye kubakira imiryango 7909 mu turere twa Rubavu, Rutsiro, Karongi, Ngororero, Nyabihu, na Burera, hakazaherwa ku miryango ifite ubushobozi buke kurusha iyindi, ariko imiryango yose ikaba izafashwa kubona aho gutura.

Ku wa 1 Kamena, Minisiteri ishinzwe ubutabazi yatangaje ko binyuze ku buryo bwatanzwe bwo kunyuzamo inkunga, hamaze kwakirwa 853.622.966 Frw harimo ayanyuze kuri konti y’amafaranga y’u Rwanda angana na 717.510.170, ayanyuze kuri Mobile Money, ni 41.729.011 Frw, kuri konti y’amadolari hanyuzeho 79.951,94 na konti y’Amayero hanyuzeho 3.588,09.

Hari kandi inkunga u Rwanda rwemerewe yari itaragera kuri konti ingana n’amafaranga y’u Rwanda 1,043,387,008 harimo 500.000 $ y’igihugu cy’u Bushinwa na 300.000$ yatanzwe na Koreya ndetse na 142,371,008 Frw yemewe n’ibigo bitandukanye.

Imvura yaguye mu ijoro ryo ku wa 2 rishyira kuwa 3 Gicurasi, yasize imiryango 5.159 igizwe n’abantu 20.326 igizweho ingaruka zatewe n’ibiza, bashyirwa kuri site 93 hirya no hino mu turere twibasiwe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages