Iki gihugu cyatangaje ko ubusabe bwabo bwo kwemererwa kuba mu Bwongereza bwatanzwe kuva ubwo gahunda yayo ku bimukira yahindukaga Iteka, riha abaminisitiri ububasha bwo guta muri yombi abinjira mu buryo butemewe n’amategeko no kubohereza mu kindi gihugu.
Nk’uko The Telegraph ibisobanura, iri teka risobanura ko uwasabye ubuhungiro mu Bwongereza nyuma y’aho risohotse muri Nyakanga 2023, azabanza koherezwa mu Rwanda, ategererezeyo kwemererwa cyangwa kwangirwa.
Guverinoma y’u Rwanda n’iy’u Bwongereza zasinye amasezerano avuguruye y’ubufatanye mu gukemura ibibazo by’abimukira no mu iterambere ry’ubukungu tariki ya 15 Ukuboza 2023, nyuma y’aho Urukiko rw’Ikirenga rwanzuye ko iyi gahunda itemewe n’amategeko.
Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Rishi Sunak, yasobanuye ko aya masezerano azakuraho impungenge zituma hari abatekereza ko u Rwanda atari igihugu gitekaniye abimukira n’abasaba ubuhungiro.
Kugira ngo byemezwe ko u Rwanda rutekanye koko, byasabaga ko abagize Inteko Ishinga Amategeko babyemeza. Ku ikubitiro, abadepite baratoye, barabyemeza. Ubu hategerejwe abo mu cyiciro cya kabiri bazatora muri iyi Mutarama 2024.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!