00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda n’u Bushinwa byinjiye mu bufatanye buzagabanya kwangirika k’umusaruro w’ubuhinzi

Yanditswe na Habimana James
Kuya 23 December 2018 saa 01:24
Yasuwe :

Inzobere zo mu Bushinwa mu by’ubuhinzi n’u Rwanda bagiranye ubufatanye bwo guhererekanya ikoranabuhanga rizagabanya kwangirika k’umusaruro, bikava kuri 16% biriho ubungubu bikagera kuri 5% muri 2024.

Ubwo hasozwaga amahugurwa ku buhinzi no kongerera agaciro umusaruro w’ibihingwa mu Rwanda, Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubuhinzi n’ubworozi (RAB), Patrick Karangwa yavuze ko basinyanye amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

Aya masezerano agamije gusangira ubunararibonye, ubumenyi n’ikoranabuhanga ryo kongera ubwiza bw’imbuto zihingwa, kongerera agaciro umusaruro ndetse n’ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu guhangana n’iyangirika ry’umusaruro.

Yavuze ko bakeneye kugabanya ingano y’umusaruro wangirika, bikava kuri 16% nk’uko byagaragaye mu bushakashatsi bw’umwaka ushize, bikagera kuri 5% mu mwaka wa 2024.

Muri iki cyumweru, impunguke mu by’ubuhinzi zo mu Bushinwa, zahuguye abanyarwanda mu buhinzi bw’imyumbati, ibitoki, Ibihumyo, ibigori, umuceri ndetse n’uburyo bw’ikoranabuhanga mu kubicunga neza.

Mu bushashakashatsi bwakozwe na RAB na Kaminuza y’u Rwanda, bwagaragaje ko hari ibitoki byinshi byangirika mu gihe cyo kubivana mu mirima bigezwa ku isoko, buri mwaka kandi hakaba hatakara hagati ya miliyoni 35 na 47 z’amadorali kubera kubisarura nabi, kwangirika mu gihe birimo kujyanwa, indwara zibyangiza mu gihe cy’ihinga, no kutagira ahantu hagezweho ho kubihunika.

Karangwa yagize ati “U Bushinwa bufite ikoranabuhanga ryiza, ubu twamaze gusinyana amasezerano yo kuzana iryo koranabuhanga hano, bafite amoko atandukanye y’ibihingwa, ndetse ikoranabuhanga ryabo rishobora gukoreshwa hano mu Rwanda, banateye imbere mu kuhira ibihingwa, natwe mu Rwanda turashaka kuva kuri hegitari 52,000 zuhirwa, tukagera kuri hegitari 100,000 , dukeneye ubwo bufatanye .”

Yanavuze ko ubu bufatanye bwari bukenewe, kuko u Bushinwa buri ku mwanya wa gatandatu mu guhinga ingano, nk’uko The New Times kibivuga.

Yakomeje agira ati “Impuguke zabo zikomeza kuza mu Rwanda tugakorana ubushakashatsi, kugira ngo hashakwe ibisubizo mu bijyanye n’ubuhinzi, mu bibazo bikigaragara mu isarura, imiti y’ibihingwa n’ifumbire, amoko y’ibihingwa ndetse no guhinga mu buryo bugezweho.”

Dr Liu Guodao wari uhagarariye u Bushinwa, yavuze ko aya mahugurwa ari muri bimwe muri ubu bufatanye mu by’ikoranabuhanga, hakaba kandi hanarimo gukorana ubushakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe hagati y’Intara ya Hainan yo mu Bushinwa n’u Rwanda.

Alphonse Munyaneza umuhinzi wo mu karere ka Ngororero, yavuze ko yabonye ubumenyi bwo guhinga ibitoki, uko yakongerera agaciro imyumbati n’ibindi.

Umuyobozi Mukuru wa RAB Patrick Karangwa na Dr Liu Guodao nyuma yo gusinyana amasezerano

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages