Abanyarwanda batahutse bakiriwe ku mupaka wa Grande barrière mu Karere ka Rubavu, barimo abagabo 43, abagore 115 n’abana 263 bo mu miryango 136.
Mwemezi Dusabe uri muri aba Banyarwanda batahutse aturutse i Kanyabayonga, yavuze ko umugabo we yicanwe n’abana batanu, abasha gutahukana abana bane barokotse intambara.
Ndayambaje Sebutozi wahungutse aturutse mu gice cya Rutongo, ho muri Teritwari ya Rutshuru yavuze ko yahunze 1998, ariko kubona inzira ngo atahuke biba ikibazo kuko uwo FDLR yamenyaga ko ashaka gutahuka yicwaga.
Sebutozi avuga ko kuva aho M23 yigaruriye Rutshuru umutekano wagarutse ari nayo mpamvu yafashe icyemezo cyo gutaha.
Yanahamije ko yageze mu Rwanda agasanga ari amahoro kuko yakiriwe neza ari naho ahera asaba bagenzi be basigaye mu mashyamba ya RDC gutaha.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, yavuze ko Abanyarwanda bari barafashwe bugwate na FDLR bazahabwa ibyangombwa byose, ndetse amahirwe batabonye bakayabona.
Ari "Turabashimira ko basobanuriwe bakamenya ukuri, bakabasha kwigobotora ingoyi yatumaga badatahuka, baraza gukomeza gufashwa nk’abandi Banyarwanda bishingiye kuri politiki y’u Rwanda yo guhindura imibereho myiza y’abaturage. Hari gahunda zo gufasha abantu kwivana mu bukene nka Girinka n’andi mahirwe bazahuzwa nayo."
Ibyo bazahabwa birimo amafaranga y’ibanze yo kubafasha gutangira ubuzima, aho uwatahutse arengeje imyaka 18 azahabwa 188$, uri munsi yayo ahabwe 113$ ndetse buri wese agenerwa n’ibyo kurya by’ibanze bifite agaciro k’ibihumbi 45 Frw.



















TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!