00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwakiriye izindi mpunzi 91 zivuye muri Libya

Yanditswe na Ferdinand Maniraguha
Kuya 21 March 2024 saa 09:59
Yasuwe :

Minisiteri y’Ubutabazi yatangaje ko ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane, u Rwanda rwakiriye icyiciro cya 17 cy’impunzi 91 zivuye muri Libya, aho zari zimaze igihe zibayeho nabi zishaka kujya gushaka ubuzima i Burayi.

Ubutumwa iyi Minisiteri yashyize kuri Twitter, bugaragaza ko hakiriwe impunzi 38 zivuye muri Sudani, 33 zivuye muri Eritrea, 11 zo muri Somalia, 7 zo muri Ethiopia n’impunzi 2 zo muri Sudani y’Epfo.

Gahunda nk’iyo yo kwakira izi mpunzi u Rwanda rwayitangiye mu 2019, rugamije gufasha abanyafurika bari mu kaga, bagirirwa nabi mu nzira bagana i Burayi ndetse bamwe bagapfa.

Kugeza ubu rumaze kwakira impunzi zisaga 2000 zavuye muri Libya aho abasaga 1600 bamaze kubona ibihugu by’amahanga bibakira. Abo barimo 255 boherejwe muri Suède, 496 boherejwe muri Canada, 196 boherejwe muri Norvège.

Abandi 141 ri bari mu Bufaransa, 201 bari muri Finland, 52 boherejwe mu Buholandi, 26 bari mu Bubiligi mu gihe 237 bari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Kuva mu 2019 u Rwanda rumaze kwakira impunzi zisaga 2000 zivuye muri Libya
Impunzi zageze mu Rwanda kuri uyu wa Kane ni 91
Izi mpunzi zageze i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages