00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwasabwe kubahiriza imyanzuro 50 harimo no kwemeza amasezerano ya ICC

Yanditswe na

Richard Dan Iraguha

Kuya 8 November 2015 saa 05:06
Yasuwe :

Ku ya 4 Ugushyingo nibwo u Rwanda rwagiye I Geneve ku kicaro cy’umuryango w’abibumbye ishami ry’uburenganzira bwa muntu, kumurika uko rwashyize mu bikorwa imyanzuro rwari rwahawe mu mwaka wa 2011, ndetse ruhabwa indi myanzuro rugomba gushyira mu bikorwa.

Ni mu gikorwa cy’igenzura ngarukagihe; Universal Periodic Review rikorerwa ibihugu byose bigihe umuryango w’abibumbye, hagamijwe kureba uko byubahiriza uburenganzira bwa muntu. U Rwanda rwagenzuwe ubwa mbere mu mwaka wa 2011 maze ruhabwa imyanzuro rugomba gushyira mu bikorwa mu gihe cy’imyaka ine.

Nyuma yo kumurika uko rwashyize mu bikorwa iyo myanzuro rwahawe muri 2011, rwahawe imyanzuro 50, harimo gushyiraho ikigo gifasha abakorewe ihohotera rishingiye ku gitsina, n’abagizweho ingaruka n’ubucuruzwi bw’abantu.

Gushyiraho uburyo buhamye bwo gukora iperereza ku iyicarubozo rikorerwa abantu bafungiye mu magereza no mu bigo ngororamuco.

Gushyiraho politiki isobanutse yo gukumira icuruzwa ry’abantu, no gukumira ko abana binjira mu bikorwa by’uburaya.

Kwemeza amasezerano ashyiraho urukiko mpuzamahanga mpanabyaha, ICC
(ubusanzwe u Rwanda ni kimwe mu bihugu 43 bitemeye ndetse bitanasinye amasezerano ashyiraho uru rukiko)

Guharanira ko nta muntu numwe ufungirwa ahantu hatazwi

No koroshya uburyo bwo kwandika no gutanga ibyangombwa ku miryango itegamiye kuri Leta (NGO)

Ubwo rwagenzurwaga bwa mbere mu mwaka wa 2011, u Rwanda rwahawe imyanzuro 68 rwemera gushyira mu bikorwa 67 gusa.

Muri iyo 67 rwiyemeje gushyira mu bikorwa ,mu gihe cy’imyaka ine, rwashyizemo 63.

Minisitiri w'Ubutabera Busingye niwe wari uyoboye itsinda rihagarariye u Rwanda i Geneve

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages