00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwashimye ubutumwa bwa Amerika mu #Kwibuka23

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 April 2017 saa 10:59
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, yatangaje ko u Rwanda rwashimye ubutumwa bwa Amerika bwo kwifatanya n’abanyarwanda mu bihe byo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuwa 7 Mata 2017, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangaje ko zifatanyije n’Abanyarwanda mu bihe byo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Mu itangazo ryashyizwe ahagaragara n’Umunyamabanga ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Rex W. Tillerson, Amerika yavuze ko yifatanyije n’Abanyarwanda mu kwibuka abagabo, abagore n’abana bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Yagize ati “Twunamiye abagizweho ingaruka, n’imiryango yabo ihora iteka ibibuka. Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikomeje gufatanya n’Abanyarwanda mu rugendo rwo kwivana mu bihe bikomeye by’amateka, gukurikirana abagize uruhare muri ibyo baha ndengakamere no gukomeza umusingi w’igihugu ngo bitazasubira ukundi.”


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages