00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Hashyizweho amabwiriza mashya ku banyeshuri b’abanyamahanga biga mu Rwanda

Yanditswe na Twagirayezu Patrick
Kuya 10 November 2024 saa 06:13
Yasuwe :

Inama Nkuru y’Amashuri Makuru (HEC) yashyizeho amabwiriza mashya agamije gufasha abanyeshuri b’abanyamahanga biga mu Rwanda, kugira ngo biborohere kwiga nta nkomyi.

HEC yashyizeho aya mabwiriza kugira ngo abanyeshuri b’abanyamahanga biga mu Rwanda, bafashwe kwisanga mu mibereho y’abanyarwanda.

Umuyobozi Mukuru wa HEC, Rose Mukankomeje yavuze ko aya mabwiriza aje korohereza abanyeshuri bo mu mahanga kubona ubufasha ku buryo bworoshye.

Icy’ingenzi kiri muri aya mabwiriza ni uko amashuri makuru yose asabwa kugira ibiro byihariye bifasha aba banyeshuri, bikabafasha ku bijyanye n’ubuyobozi, kubamenyereza no kubaba hafi mu masomo yabo ya buri munsi.

By’umwihariko kandi, abayobozi bagomba kumenya ko aba banyeshuri bafite ubushobozi bwo kwishyura amafaranga y’ishuri, icumbi, ubuvuzi n’ibindi bikoresho bitandukanye kugira ngo babashe kwiga neza nta nkomyi.

Abanyeshuri b’abanyamahanga biga mu Rwanda bavuye ku 1400 mu 2017 ubu bageze ku 9,009.

Amashuri menshi mu Rwanda cyane cyane aya Kaminuza akomeje gukurura abanyamahanga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages