Mu mukino wa mbere Misiri yari yatsinze u Rwanda amanota 14-13, naho Misiri itsinda South Sudan amanota 21-13, naho u Rwanda rutsinda South Sudan amanota 21-9, ku mukino wa nyuma u Rwanda rwatsinze Misiri amanota 21-17, ni umukino umara iminota 10.
U Rwanda rwatsinze South Sudan ndetse rutsinda na Misiri mu mikino ine ine zakinnye aya makipe, mu irushanwa ry’Akarere ka 5 mu mukino wa basketball ukinwa n’abantu batatu ry’Akarere ryakinwe tariki ya 11 Ukwakira.
Ikipe y’u Rwanda y’abagore nayo yahise ibona tike nyuma yuko andi makipe ananiriwe kwitabira iri rushanwa bityo u Rwanda rukaba rwahise rubona tike yo gukina iyi mikino ya nyuma izaba mu kwezi k’Ukuboza muri uyu mwaka.
Nyuma yo kubona tike yo kwitabira igikombe cy’Afurika 3×3 mu Kuboza naho andi abiri azaba aya mbere akaba agomba kuzahagararira Afurika mu gikombe cy’isi cya 3×3. Uyu mukino watangiye mu mwaka wa 2010 muri Afurika ariko mu Karere ka 5 ukaba ugiye gukinwa bw ambere mu Rwanda.
Ikipe y’u Rwanda yari igizwe na Olivier Shyaka (Espoir), Kaje Elie (Espoir), Ally Kubwimana Kazingufu (Patriots) na Kami Kabange (City Oilers-Uganda).
Naho mu bagore ni Charlotte Umugwaneza (APR), Nicole Urwibutso (UR- Huye), Rosine Micomyiza (UCU-Uganda) na Joseline Munyaneza (IPRC south).
Gezira yo mu Misiri yegukanye igikombe imaze gutsinda City Oilers yo muri Uganda amanota 75-73 ku mukino wa nyuma.
Espoir BBC yo mu Rwanda yagukanye umwanya wa gatatu imaze gutsinda Tiger Head Power yo muri Uganda 82-77.
Agace ka mbere katsinzwe na Gezira amanota 17-14, itsindwa aka kabiri 25-12, itsinda agace ka gatatu 24-17 iza gutsinda akanyuma amanota 22-17. Abakinnyi batsindiye amanota menshi City Oil ni Kami Kabange watsinze 23 na Enabu watsinze 18.
Nyuma y’umukino, umukinnyi wa City Oil, Kami Kabange yatangaje ko ikipe ya Gezira ntacyo irusha andi makipe ahubwo ko igize amahirwe muri uwo mukino nk’uko byerekanywe n’ikinyuranyo.
Berco Stars yo mu Burundi yegukanye igikombe mu bagore imaze gutsinda KCCA yo muri Uganda 63-52. USIU yo muri Kenya yegukanye umwanya wa gatatu itsinze Ubumwe BBC yo mu Rwanda 92-60.
Gezira na City Oilers nizo zizahagararira akarere mu mikino nyafurika izabera muri Angola mu kwezi kwa 12 (December), mu bagore akarere kazahagararirwe na Berco Stars na KCCA mu kwezi kwa 11 (November) muri Angola.



















TANGA IGITEKEREZO