Nyuma y’iminsi ibiri abo basirikare bishwe, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Louise Mushikiwabo, abinyujije ku rukuta rwe ku rubuga nkoranyambaga rwa Twitter, yavuze ko u Rwanda rubabajwe n’ibyabaye kandi rwifatanyije na Uganda muri ibi bihe bikomeye.
Yagize ati “Guverinoma y’u Rwanda n’Abanyarwanda bababajwe n’ibyabaye kuri Uganda, aho abasirikare bayo baguye muri Somalia, kandi rwifatanyije na bo. Nta cyiza nko gupfa uharanira ubuzima bw’abandi.”
Aba basirikare 12 ba Uganda bari mu mutwe w’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye ziri mu butumwa bwo kubungabunga amahoro n’umutekano muri Somalia zaguye mu gitero cyagabwe n’umutwe w’abarwanyi wa Al-Shabaab kuwa 2 Nzeri 2015.
Abaguye muri iki gitero cyagabwe ku birindiro by’ingabo za Uganda, biri ahitwa Janaale mu birometero 90 mu majyepfo y’Iburasirazuba bw’Umurwamukuru Mogadishu, imirambo yagejejwe ku kibuga cy’indege cya gisirikare i Entebbe mu gitondo cyo kuwa 3 Nzeri 2015.
Rutikanga Paul
[email protected]



















TANGA IGITEKEREZO