00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

U Rwanda rwitabiriye imurika mpuzamahanga ku bukerarugendo muri Korea y’Amajyepfo

Yanditswe na

Emmanuel Kanamugire

Kuya 21 September 2015 saa 11:03
Yasuwe :

Binyujijwe muri Amabasade y’u Rwanda muri Koreya y’Amajyepfo, u Rwanda rwitabiriye imurika mpuzamahanga ku bukerarugendo ryiswe “Busan International Travel Fair” ryabaye ku nshuro ya 18, kuva ku wa 11 kugeza ku wa 14 Nzeri 2015.

Iki gikorwa cyahuje inzego zitandukanye zirimo imiryango mpuzamahanga yemewe muri Korea y’Amajyepfo n’abakorera ku rwego rw’igihugu ibijyanye n’ubukerarugendo.
Ku ruhande rw’u Rwanda akaba ari amahirwe ntagereranywa mu kurata ibyiza by’u Rwanda byakurura ba mukerarugendo hagaragazwa byinshi bikorwa muri uru rwego hakiyongeraho ibijyanye n’umuco iki gihugu gikungahayeho, umutekano n’ubuzima bwiza bw’abagituye.

Byari amahirwe kandi ku bayobozi ba Ambasade y’u Rwanda iyobowe na Emma-Francoise Isumbingabo kugirana imikoranire n’abayoboye umujyi wa Busan, abayoboye amashyirahamwe y’ubukerarugendo muri Korea n’abakora ubucuruzi bushingiye ku bukerarugendo.

Muri iri murika ku bukerarugendo, Amabasade y’u Rwanda yakoranye bya hafi na Amabsade ya Kenya mu kuzamura akarere ka Afurika y’Uburasirazuba biherereyemo binyuze mu mugambi wiswe "East African Tourist Visa initiative.”

Ikawa y’u Rwanda yahawe abashyitsi muri iki gikorwa bituma irushaho kumenyekana kubera uburyohe bwayo.

Muri rusange byagaragaye ko Abanyakorea benshi batari bafite amakuru ahagije kuri Afurika u Rwanda ruherereyemo.

Abatari bake basuye aho u Rwanda rwamurikiye bagaragaza ibyishimo n’ubwuzu byo kumenya u Rwanda binyuze mu mashusho n’amafoto ndetse n’ibisobanuro bahawe.
Imurika mpuzamahanga ku bukerarugendorya Busan ryabaye intsinzi kuri Amabsade y’u Rwanda muri iki gihugu yo kurushaho kumenyekanisha u Rwanda.

Nyuma y’iri murika, hateganyijwe ibiganiro hagati y’abayobozi ba Ambasade n’ibigo bitwara abagenzi mu guhanahana amakuru mu byakurura abashaka kuza gukorera mu Rwanda. Biteganyijwe kandi guhuza kompanyi z’ubukerarugendo zo muri Korea n’izo mu Rwanda binyuze mu kigo gishinzwe iterambere mu Rwanda(RDB).

Umushyitsi mukuru n'abandi bayobozi bari kumwe n'ibitangazamakuru basuye aho u Rwanda rwamurikaga
Ambasaderi w' u Rwanda asabana n'abana bo muri Korea, aho u Rwanda ruri kumurukira ubukerarugendo
Ambasaderi w' u Rwanda ahereza icyayi cy'u Rwanda Mayor w'umujyi wa Busan Metropolitan
Ambasaderi w'u Rwanda n'abandi bakozi ba Ambasade
Ambasaderi wa kenya n'uwa Ethipie nabo basuye aho u Rwanda rwamurikaga ubukererugendo
Iki ni igice kimwe cy'aho u Rwanda ruri kumurikira ibikorwa by'ubukerarugendo mu mujyi wa Busan International Travel Fair 2015

[email protected]


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages