Ubushinjacyaha bwasabiye abantu 10 bagize itsinda ry’’Intwarane za Yezu na Mariya’ kuri uyu wa Kane.
Ubwo hasubukurwaga urubanza rw’iri tsinda rigizwe n’abashinjwa ibyaha birimo gukora imyigaragambyo binyuranije n’amategeko no kwangisha abaturage ubuyobozi, byakozwe muri Nyakanga umwaka wa 2013, bose ariko barabihakana.
Nk’uko tubikesha KFM, Ubushinjacyaha bwagaragaje ko izi Ntwarane zavuye mu Misa kuri Kiliziya ya Saint Michel bakerekeza ku rugo rw’Umukuru w’igihugu, zivuga ko we(Perezida Kagame ) n’abamufasha kuyobora ari abanyagitugu, kandi ko nibatihana ubutegetsi bwabo bugiye kuvaho no mu gihugu hakameneka amaraso menshi.
Busobanura ko bitumvikana ukuntu itsinda ry’abantu ryahurira ku mvugo nk’iyi bwita ko ikarishye cyane butabigambiriye.
Mu bashinjwa ariko uwitwa Mutamba Chantal, ufatwa nk’uwari ukuriye iri tsinda, nta gihano Ubushinjacyaha bwamusabiye ahubwo bwasabye urukiko kuzakurikiza icyo amategeko avuga ku muntu ufite uburwayi bwo mu mutwe. Iki nacyo akaba ari uko adashobora gukurikiranwa ku byo yakoze. Kuri uyu wa Kane hagaragajwe mu rukiko urupapuro rwo kwa muganga asobanura ko uyu afite uburwayi bwo mu mutwe.
Hagati abo bareganwa bavuga ko nta byaha bakoze kuko ibyo bashinjwa bishingiye ku magambo ya Chantal Mutamba.
Umwanzuro w’urukiko ku rubanza rw’Intwarane uzasomwa kuwa 10 Ugushyingo 2014.



















TANGA IGITEKEREZO