00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubushinjacyaha bwemeje ko bane mu bakurikiranyweho iterabwoba ari abana

Yanditswe na Uwishyaka Jean Louis
Kuya 4 April 2017 saa 12:55
Yasuwe :

Mu rubanza ruregwamo Abanyarwanda bakekwaho iterabwoba, kuri uyu wa 4 Mata ubushinjacyaha bwemeje ko abaregwa bane muri 44 bakurikiranyweho iki cyaha bigaragara ko mu myirondoro yabo bari batarageza ku myaka y’ubukure[18] ubwo hakorwaga ibyaha bashinjwa.

Ibi byagaragajwe nyuma y’igenzura ryakozwe n’Ubushinjacyaha bubifashijwemo n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe indangamuntu (NIDA), aho iki kigo cyagiye kibaha imyirondoro yabo aho bishoboka bakabaha n’amafoto yabo y’indangamuntu.

Ubushinjacyaha bwagaragarije Urukiko Rukuru ruri kuburanisha uru rubanza ko hari abandi bari bavuze ko ari abana ariko nyuma bikagaragara ko ubwo bakoraga icyaha bari bafite imyaka y’ubukure.

Bamwe mu baregwa bari bamaze kunyomozwa ku myaka ikubiye muri dosiye zabo, babwiye umucamanza ko imyaka yabo igaragazwa n’ubushinjacyaha [bwakuye muri NIDA] atari ukuri, bakavuga ko nabo bafite ibyangombwa byerekana neza igihe bavukiye gitandukanye n’ibyo, maze umucamanza abasaba kuzabitanga bigasuzumwa.

Umwe mu bunganizi yasabye urukiko kuba rutashingira gusa ku by’Ubushinjacyaha bitewe n’uko hari uburyo umuntu yagaragazamo imyaka ye nko kuba yakwerekana ifishi yakingiriweho cyangwa se ibyaturuka ku ishuri yigagaho ku buryo byafasha umucamanza kutarenganya umwana aburanishirizwa mu bakuru kandi ari muto.

Abdakurikiranwe nk’umwana, uyu munyamategeko akavuga ko byamwambura amahirwe arimo kugabanyirizwa igihano, dore ko umwana utagejeje imyaka y’ubukure ahanishwa ½ cy’igihano ku cyaha runaka.

Ububasha bw’urukiko bwavuzweho

Mu iburanisha ryo kuri uyu wa Kabiri, uruhande rw’abunganizi muri uru rubanza, rwatinze ku ngingo yo kugaragaza ko abana badafite imyaka y’ubukure bakwiye gutandukanywa n’abakuru bo bakaburanishwa n’urugereko rwihariye ruburanisha imanza z’abana (mu Rukiko rwisumbuye) abakuru bakaguma mu Rukiko Rukuru.

Basabye umucamanza gushishoza kugira ngo uburenganzira bw’abana bwubahirizwe. Babwiye urukiko ko amategeko agena ko abana baburanishirizwa mu Rukiko rwisumbiye, baba hari abandi bareganwa ku cyaha kimwe urukiko rugasanga nta mpamvu zo kubatandukanya, bose bakajyanwa muri urwo rukiko[urwisumbuye].

Babwiye urukiko kandi ko rukwiye kwita ku itegeko ririnda umwana ufitanye ikibazo n’amategeko, aho riteganya ko aburanishirizwa mu muhezo n’urukiko rubifitiye ububasha.

Abandi baregwa n’ababuranganira basabye urukiko ko urubanza rwabo rwazabera mu ruhame kugira ngo imiryango yabo ibashe kurukurikirana ndetse bibe byagira n’isomo bisiga mu kwirinda ibyaha by’iterabwoba.

Abunganira abaregwa babwiye urukiko ko ubusanzwe mu mategeko, urubanza rushyirwa mu muhezo iyo hari impamvu yihariye yatuma imigendekere yarwo itagenda neza.

Kuri iyi ngingo, ubushinjacyaha bwari bwagaragaje ko rwaburashirizwa mu muhezo bitewe n’impamvu z’umutekano, ariko abanyamategeko bo bavuze ko iyo atari impamvu ifatika bagaragaza ko kuva iburanisha ryatangira n’aho rigeze ubu abaregwa cyangwa abakurikirana urubanza bataragaragaza ibikorwa biteza umutekano muke ku buryo byashingirwaho mu kurushyira mu muhezo.

Biteganyijwe ko umwanzuro uzafatwa ku itariki ya 13 Mata 2017.

Abashinjwa ibyaha by'iterabwoba barenga 40

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages