00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ubutumwa bwa Tom Close ku batumva neza akamaro ko gutora

Yanditswe na Mahoro Vainqueur
Kuya 30 June 2024 saa 08:39
Yasuwe :

Dr Muyombo Thomas wamamaye ku mazina ya Tom Close binyuze bikorwa bya muzika, yakanguriye urubyiruko kugira uruhare mu matora y’umukuru w’igihugu n’abadepite ateganyijwe tariki 14 Nyakanga ku Banyarwanda baba mu mahanga na tariki 15 Nyakanga ku bari imbere mu gihugu.

Uyu muhanzi yagarutse kuri ubu butumwa ubwo yari mu Karere ka Musanze mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida ba FPR Inkotanyi ku mwanya w’abadepite.

Mu kiganiro yagiranye na Isimbi TV, Tom Close yagarutse ku bantu bigira ntibindeba iyo bigeze mu bihe by’amatora ababwira ko ibizayavamo aribo ba mbere babyungukiramo cyangwa bakabihomberamo iyo batatoye neza.

Ati “Buriya amatora wayagiramo uruhare cyangwa utayagiramo uruhare ibiyavuyemo bikugiraho urahare byo ubwabyo, ushobora kuvuga uti njyewe simbijyamo biriya bya politike ukigira ntibindeba ariko iyo uhisemo nabi cyangwa ukarebera abahitamo nabi ibyahiswemo bikugiraho uruhare wowe.”

“Dufite amahirwe ko dufite igihugu kandi gifite ubuzima, ni amahirwe kubona umuyobozi uvuga ijambo iryo avuze rikaba umwenda kandi akawusohoza, ayo mahirwe tuyakoreshe neza, burya buri muntu wese yaba umuyobozi ariko si buri wese waba umuyobozi mwiza.”

Tom Close yagaragaje ko umuturage ari we wa mbere ugira ingaruka cyangwa inyungu z’ibivuye mu matora kuko ari we ugira urahare mu itorwa ry’uyobora igihugu.

Uyu muhanzi kandi yaboneyeho gusaba abakiri bato gukorana n’inzego z’ubuyobozi bitoreye kuko aribyo bizabafasha kugera ku ntego cyangwa ibyo babasezeranyije mu gihe cyo kwiyamamaza.

a


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages