00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukekwaho kwica Jean Damascène Habarugira yatawe muri yombi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 May 2017 saa 02:28
Yasuwe :

Polisi yataye muri yombi umuntu ukekwaho kugira uruhare mu rupfu rwa Jean Damascène Habarugira wari mu ngabo zavuye ku rugerero, ndetse inashyikiriza dosiye ye ubushinjacyaha.

Habarugira yari atuye mu Murenge wa Remera mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba. Yaburiwe irengero kuya 5 Mata, umurambo we uza gutorwa mu Karere ka Bugesera kuwa 8 Gicurasi, mu birometero bisaga 60 uvuye aho yari acumbitse.

Amakuru avuga ko Habarugira mbere y’uko yicwa yagaragaye ari kumwe na Théophile Bizimana, ushinzwe umutekano mu mudugudu yari atuyemo.

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, ACP Theos Badege, yatangarije IGIHE ko Bizimana, yatawe muri yombi kuya 7 Gicurasi 2017, ndetse nyuma y’iperereza ry’ibanze ahita ashyikirizwa Ubushinjacyaha.

Umuvugizi w’Ubushinjacyaha, Faustin Nkusi, yatangaje ko dosiye ye bayihawe iri gusuzumwa.

Ati "Dosiye y’ukekwaho uruhare mu rupfu rwa Habarugira turayifite turi kuyikurikirana. Mu gihe cya vuba dosiye nirangira azahita ashyikirizwa urukiko aburanishwe ku cyaha aregwa."

Nubwo itariki uyu mugabo azatangira kuburanishirizwaho itaratangazwa, itegeko riteganya ko uregwa ashyikirizwa urukiko mu gihe kitarenze iminsi 30 uhereye igihe yagerejwe mu bushinjacyaha.

Umuvugizi w'Ubushinjacyaha, Nkusi Faustin, yemeje ko umuntu ukekwaho urupfu rwa Jean Damascène Habarugira azashyikirizwa urukiko mu minsi ya vuba

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE

Kwamamaza

Special pages